Hirya no hino ku isi abantu bagenda bakora udushya mu gusaba abakunzi babo ko bababera abagore [proposals] aho umuherwe wo muri Zambia we yaciye ibintu ubwo yakoreshaga icyapa,akimanika mu mujyi kiriho amafoto y’umukunzi we arangije yandikaho ati “Uzashyingiranwa nanjye?”.
Uyu muherwe witwa Thabo utunze akayabo,yabaye umuntu wa mbere ukoresheje iki cyapa gikoresha ikoranabuhanga asaba umukunzi we Elizabeth ko yazamubera umugore.
Iki cyapa cyagendaga gihinduranya amafoto y’aba bombi kigasoza hiyanditsemo amagambo agira ati “Will you marry me”?.
Uyu mukobwa yaje kugera kuri iki cyapa nawe yihera ijisho kugeza ubwo uyu mukunzi we yahamusanze amwambika impeta nyuma yo kumwemerera kuzamubera umugore.
Dusingizimana Remy is a journalist for Umuryango.rw. He studied at the University of Rwanda.He holds a Bachelor’s degree in Journalism and Communication. He started his career in writing about sports in 2015.Follow him on Twitter and Instagram @REMY SAGAN
Umugore nawe ahite azana ikindi cyapa yandikeho"Yego" nini cyane tubibone