Ubushakashatsi bwagaragaje uko benshi mu bagabo biyumva nyuma yo gutera akabariro
Yanditswe: Thursday 20, Sep 2018
Ubushakashatsi bwakorewe ku bagabo bagera ku 1,200 bakomoka mu bihugu bitandukanye nka Australia,USA, UK, Russia, New Zealand n’Ubudage bwagaragaje ko 40 ku ijana barakara cyane ndetse bakanicuza iyo bamaze gukora imibonano mpuzabitsina.
Nubwo benshi bishora mu mibonano mpuzabitsina bishuka ko bagiye kubona ibyishimo,ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Queensland muri Australia,bwagaragaje ko 40 ku ijana by’abagabo bicuza cyane ndetse bakababara iyo barangije gukora imibonano mpuzabitsina.
Mu bisubizo benshi mu bagabo batanze ubwo babazwaga uko biyumva iyo bamaze gutera akabariro,basubije ko bumva bababaye,bafite ipfunwe ry’ibyo bakoze ndetse nta marangamutima bafite.
Profeseri Robert Schweitzer wari uyoboye ubu bushakashatsi yavuze ko abagabo babaswe n’imibonano mpuzabitsina ndetse bakunze kuyikora kenshi ibi byiyumvo bidakunze kubabaho.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *