Kimenyi Yves yateye imitoma iryohereye umukunzi we adaheruka guca iryera
Yanditswe: Thursday 07, Nov 2019
Umunyezamu wa Rayon Sports n’ikipe y’igihugu Amavubi,Kimenyi Yves,yasabagijwe n’urukumbuzi niko kwerekeza ku rubuga rwe rwa Instagram yandikira imitoma iryohereye umukunzi we Uwase Muyango Claudine.
Mu kwezi gushize nibwo Uwase Muyango yasezeye ku mukunzi we Kimenyi wari mu ikipe y’igihugu yerekeza Abu Dhabi asanzeyo musaza we mukuru usanzwe ahakorera gusa uyu mukinnyi yagaragaje ko urukumbuzi rumumereye nabi,niko kumugenera ubutumwa bwuzuye amarangamutima menshi kuri Instagram.
Yagize ati “Ubuzima bwanjye ntibwari bufite ubusobanuro kugeza ubwo wabwinjiragamo.Urukundo rwawerwahaye intego yanjye ubuzobanuro kandi n’umutima wanjye wose ngomba kuyigeraho.Ndagukunda cyane kurusha uko wabyumva rukundo rwanjye.Uwase Muyango.”
Urukundo rwa Kimenyi na Muyango rwamenyekanye muri Kanama 2019, ubwo uyu munyezamu yabwiraga abanyamakuru ko yishumbushije uyu mukobwa wakunzwe na benshi muri Miss Rwanda 2019,nyuma yo gutandukana n’uwo bahoze bakundana Didy d’or.
Kimenyi na Muyango bakomeje guterana imitoma kuri IG
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *