skol
fortebet

Leta y’Uburundi yashyize hanze igishushanyo mbonera kigaragaza inzu zikwiriye kubakwa mu murwa mukuru Gitega

Yanditswe: Tuesday 29, Jan 2019

Sponsored Ad

Mu ntara ya Gitega hagiye kubakwa amazu meza cyane 90 yo kuyifasha kuba umurwa mukuru w’icyitegererezo usimbura Bujumbura.

Sponsored Ad

Nyuma yo kwimurira umurwa mukuru wa Politiki mu mujyi wa Gitega,Leta yashyize hanze igishushanyo mbonera kigaragaza inzu 90 zisa zigomba kubakwa mu gace kitwa Zege.

Iyi ntara ya Gitega igiye kubakwamo inzu 90 za kijyambere,zubatswe ku buryo bumwe mu gace kazwi nka Zege.

Izi nzu zizafasha abashyitsi bazajya bagana uyu mujyi badafite aho kurara ku bona amacumbi ku buryo bworoshye ndetse Leta y’Uburundi irifuza kwagura uyu mujyi watorewe kuba umurwa mukuru wa Politiki nyuma y’aho amashitani menshi aba mu mujyi wa Bujumbura yatumye akazi katagenda neza.

Guhera taliki ya 01 Mutarama 2019,nibwo Gitega yatangiye gufatwa nk’umurwa mukuru w’uburundi ndetse kuri ubu sena yamaze kuwimukiramo.


Iki nicyo gishushanyo mbonera cy’inzu zigomba kubakwa mu mujyi wa Gitega

Ibitekerezo

  • Ivyo Nubucacanya Ntibizigera Biba Nagato Kandi Umuji Ukwiye Kuja I Ngozi Gusa Cank I Muyinga

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa