skol
fortebet

Umunyamakuru Robert Mugabe wabwiye umushinjacyaha ko atari imbeba akoreraho ubushakashatsi agiye gufungwa indi minsi 30

Yanditswe: Thursday 28, Feb 2019

Sponsored Ad

Umunyamakuru Robert Mugabe w’ikinyamakuru Greatlakes Voice agiye gufungwa indi minsi 30, nyuma yo kuburana kuwa 19 Gashyantare 2019 asaba kurekurwa .

Sponsored Ad

Kuri uyu wa Kane Taliki ya 28 Gashyantare 2019,nibwo urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama rwategetse ko Umunyamakuru Robert Mugabe afungwa indi minsi 30 y’agateganyo.

Ubushinjacyaha bushinja umunyamakuru Mugabe Robert ibyaha byo gusambanya abakobwa babiri bavukana, umwe w’imyaka 19 amutera inda nyuma amushakira imiti yo kuyikuramo, anasambanya murumuna we w’imyaka 17 y’amavuko.

Mu rubanza ruheruka, Mugabe yabwiye umucamanza ko umushinjacyaha yatwaye ibimenyetso n’ibizamini byose yari yamufashe nyuma agaruka kumufata andi maraso ngo ajye gupima ibindi.

Mugabe Robert yasabye umucamanza ko niba umushinjacyaha yarasanze ibimenyetso bimushinjura akwiye kumurekura, yaba yarabitaye nabwo akamurekura kuko ngo atari imbeba akoreraho ubushakashatsi.

Kuwa 19 Gashyantare nibwo ubushinjacyaha bwasabiye Mugabe gukomeza gufungwa by’agateganyo kuko hari ibindi bimenyetso bya DNA butarabona kandi bukeneye gupimisha mu Budage.

Mugabe Robert ukuriye ikinyamakuru Greatlakes Voice, yatawe muri yombi ku wa 10 Nzeri 2018,aza kurekurwa by’agateganyo, kuwa 08 Ukwakira 2018,ariko nyuma yaje kongera gutabwa muri yombi mu ugushyingo 2018.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa