Abagabo 2 b’abapasiteri bakoze ubukwe bashyigikirwa n’abakristu bayobora[AMAFOTO]
Yanditswe: Saturday 20, Feb 2021
Abayobozi babiri b’amadini ya gikirisitu bakoze ubukwe bashyigikirwa n’abakristu bayobora.
Paul Mwaura ni umushumba w’itorero ry’abangirikani muri afurika y’epfo, yakoze ubukwe yemeranya kubana akaramata na John Maierepi umupasiteri nawe uri mubakomeye mugihugu cya Kenya.
Uyu John Maierepi nawe akaba ayobora itorero ry’abangilikani muri Kenya.Muri ubu bukwe icyatunguye benshi ni ukuntu aba bagabo bombi bari bashyigikiwe cyane n’abakirisitu babo.
Mu butumwa bwo kubashyigikira, aya matorero aba bagabo bayobora yose yagiye ashyira kumbuga nkoranyambaga bakoresha amashusho n’amafoto by’aba bagabo bagaragaza ko babashyigikiye ndetse babifuriza kuzagira urugo rwiza rwishimirwa n’Imana.
Ibirori by’ubukwe byabereye muri Afurika y’Epfo aho uyu muhango watambukaga LIVE kumbuga zinyuzwaho ubutumwa bw’ijambo ry’Imana butangirwa muri izi nsengero.
Nubwo ubu bukwe bwari bushyigikiwe n’abayoboke b’amadini y’aba bagabo, hari abandi bantu bagaragaje ko batishimiye gushyingiranwa kw’aba bagabo kuko ngo bihabanye n’ibyo Imana idusaba ko umugore agomba kubana n’umugabo bakabyara bakororoka.
Ibitekerezo
Ndabyemeye noneho umenya isi igiye kuranjyira
zWgoTprLuv
Kubona abagabo babiri basomana, biteye ishozi
birababaje rwose nuko nyine nibitaraza bizaza Kandi rwose bihere iyo Urwanda twahuye nibibi byinshi ibyo bihere iyo nubwo numva biri mwitorero ryimana
birababaje rwose nuko nyine nibitaraza bizaza Kandi rwose bihere iyo Urwanda twahuye nibibi byinshi ibyo bihere iyo nubwo numva biri mwitorero ryimana
Ibi bintu birabaje pe ntabwo bikwiye