skol
fortebet

Amabandi 3 yateze imodoka ya ba mukerarugendo afashe imipanga Imana ikinga ukuboko [AMAFOTO]

Yanditswe: Thursday 06, Dec 2018

Sponsored Ad

Amabandi yo muri Kenya yateze umuryango w’abanyamerika watembereraga mu gace ko mu cyaro kimwe cyo muri Kenya kitwa Maai Mahiu afite imipanga,birwanaho batwara imodoka ku muvuduko mwinshi batabaza polisi iratabara.

Sponsored Ad

Aya mabandi yahagaze mu muhanda afite imipanga kugira ngo yambure aba bamukerarugendo utwabo,bahageze batwara imodoka n’umuvuduko mwinshi bariruka barayacika.

Bryant na Lauren Swenson bavuye muri USA bajye gushing Gym ikomeye muri Kenya,batezwe n’aya mabandi 3 yari yambaye mask abirukaho ashaka kubatema no kubambura,birangira polisi ije irasana nayo.

Bryant yashyize kuri Facebook amashusho y’aya mabandi,nyuma yo kubatega ku wa 30 Ugushyingo uyu mwaka.

Uyu muryango ukomoka muri Leta ya Utah wari kumwe n’abana babo 3 ubwo yategwaga n’aya mabandi yari yasaze ashaka kubacuza utwabo,byatumye bahita bava muri iki cyaro basubira Nairobi.



Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa