Amerika n’abambari bayo barashe ibisasu ku ngabo z’Uburusiya ziri muri Siriya
Yanditswe: Saturday 14, Apr 2018
Igihugu cya USA gifatanyije n’Ubwongereza n’Ubufaransa bohereje ibisasu ku ngabo z’Uburusiya ziri mu gihugu cya Siriya bakoresheje indege ndetse biravugwa ko byishe ingabo zigera kuri 200 z’iki gihugu.
Mu makuru amaze yatangajwe na Mike Pompeo umunyamabanga mukuru wa USA,yavuze ko ibyo Uburusiya bwashakaga bubibonye ko bamaze kugarika ingabo za Putin zari zimaze iminsi muri Siriya ndetse zishinjwa kugira uruhare mu bitero byakoreshejwe intwaro z’ubumara bikarimbura inzirakarengane 70 z’abanya Siriya.
Pompeo uherutse kugirwa umunyamabanga wa USA na Trump
Yagize ati “Tumaze iminsi tubivuga,Uburusiya bwabonye umukino bwifuzaga.Ubu amagana y’ingabo z’Abarusiya yapfuye.”
Pompeo wavuze ko kuri ubu Uburusiya ari umwanzi ukomeye wa USA,yemeje ko ibisasu byarashwe n’indege z’Abanyamerika n’abambari bayo bigamije guca intege abashyigikiye perezida Bashar al_Assad wa Siriya.
Perezida Donald Trump yatangaje ko bahisemo kumisha ibisasu ku ngabo z’Uburusiya ziri muri Siriya kubera uruhare rwazo mu bitero byabereye Douma.
Yakomeje avuga ko ibi Leta ya Amerika,Ubwongereza n’Ubufaransa babikoze mu rwego rwo kwamagana ikorwa,ikwirakwizwa ndetse n’ikoreshwa ry’ibitwaro by’ubumara ndetse bazakomeza kohereza ibisasu kuri Siriya kugeza ihagaritse gukoresha ibitwaro by’ubumara .
Trump yavuze ko bifuza guhagarika ibyaha by’inyamaswa y’inkazi Assad
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza madamu Theresa May yemeje uruhare rw’iki gihugu mu gufatanya na USA kurwanya ikoreshwa ry’intwaro z’ubumara.
Kugeza ubu hategerejwe icyo Uburusiya buri buze gukora kuko umuvugizi wabwo muri UN yavuze ko biteguye kurwana igihe cyose Amerika izatangiza intambara none byabaye,ibi biraca amarenga ko intambara y’ibi bihugu yatangiye.
Biravugwa ko USA yamaze gushyira amato yayo ahagarika ibisasu mu Nyanja ya mediterane mu rwego rwo kwotegura iyi ntambara ikaze.
Ibitekerezo
Si ngaho!!!Erega intambara ya 3 y’isi irajevda!!!
Erega ubu natwe ingaruka zigiye kutugeraho,ntaruhare twabigezemo?
Inzira y’amahoro nibiganiro iranze none inzira y’amasasu n’intwaro z’ubumara nibyo byemejwe koko??
Syria niyo igiye kuba isibaniro ryabipima imbaraga?yooo,birababaje
Trump yaje aje pe . ubu natwe african people tugiye kugerwaho ningaruka Imana idukize pe
Aya makuru siyo.Ntabwo America n’abambari bayo barashe Ku ngabo z’Uburusiya ziri muri Syria,ahubwo barashe Ku bigo by a gisirikare bya Syria kandi birinze cyane Ku rasa Ku birindiro by’ingabo z’uburusiya mu rwego rwo kwirinda intambara yeruye n’iki gihugu