skol
fortebet

Congo: Indege ya gisirikare yakoze impanuka irashya irakongoka

Yanditswe: Sunday 01, Oct 2017

Sponsored Ad

skol

Indege ya gisirikare itwara imizigo yakoreye yakoze impanuka hashize iminota 10 ivuye ku kibuga cy’ indege 11 bahasiga ubuzima.
Iyi mpanuka yabereye ku kibuga cy’ inge cy’ ahitwa N’djili mu murwa mukuru wa Repubulika iharanira demukarasi ya Congo(Kinshasa).
Ushinzwe kuyobora indege ku kibuga cy’ indege Georges Tabora yavuze ko nyuma y’ iminota 10 iyi ndege ihagurutse yahise ihura n’ ikibazo cya tekinite itumanaho ryo mu ndege n’ abari ku kibuga rigaharara.
Radio Okapi dukesha iyi nkuru yatangaje (...)

Sponsored Ad

Indege ya gisirikare itwara imizigo yakoreye yakoze impanuka hashize iminota 10 ivuye ku kibuga cy’ indege 11 bahasiga ubuzima.

Iyi mpanuka yabereye ku kibuga cy’ inge cy’ ahitwa N’djili mu murwa mukuru wa Repubulika iharanira demukarasi ya Congo(Kinshasa).

Ushinzwe kuyobora indege ku kibuga cy’ indege Georges Tabora yavuze ko nyuma y’ iminota 10 iyi ndege ihagurutse yahise ihura n’ ikibazo cya tekinite itumanaho ryo mu ndege n’ abari ku kibuga rigaharara.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru yatangaje ko ko aho iyi ndege yaguye ari naho yahiriye ari ahantu hakorerwa ibikorwa by’ ubuhinzi. Ngo nta muntu yahitanye mu bari mu gace yaguye.

Iyi ndege ngo yari yikoreye amabombe n’ ibindi bikoresho bya gisirikare ibijyanye mu mugi wa Bukavu.

Amakuru avuga ko imodoka zishinzwe gusimya inkongi zitoroherewe no kugera aho iyi ndege yahiriye kubera ikibazo cy’ imihanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa