skol
fortebet

Depite Bobi Wine wo muri Uganda yageze muri Amerika kwivurizayo

Yanditswe: Monday 03, Sep 2018

Sponsored Ad

Bobi Wine, umuhanzi mu njyana ya pop akaba na Depite muri Uganda, yageze muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku wa gatandatu agiye kwivuza nyuma y’ibirego ko yaba yarakorewe iyicarubozo akanakubitwa ubwo yari mu maboko y’igisirikare cya Uganda.

Sponsored Ad

Mbere, Wine yari yangiwe kuva muri Uganda ariko ku wa gatanu yemerewe kurira indege yerekeza muri Amerika.

We n’abandi banyapolitiki 32 batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, mu cyumweru gishize bashinjwe ibirego by’ubugambanyi kubera ibirego byo gutera amabuye ku rukurikirane rw’imodoka zitwara Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda.

Nyuma yaho Wine yafunguwe by’agatenganyo. Igisirikare cya Uganda gihakana ibirego by’iyicarubozo. Ku wa gatanu, polisi ya Uganda yemeje ko Wine yemerewe kurira indege akava muri Uganda agiye gushaka ubuvuzi bw’umwihariko nyuma yaho leta yohereje itsinda ry’abaganga icyenda ngo bamusuzume.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter ku wa gatandatu, Wine yemeje ko yageze muri Amerika aho yavuze ko agiye kubona ubuvuzi bw’umwihariko. Yanavuze ko mu gihe kiri imbere azatangaza ibyamubayeho guhera ku itariki ya 13 y’ukwezi kwa munani n’icyo ateganya mu bihe biri imbere.

Robert Amsterdam, umwunganizi we mu mategeko, ku wa kane yavuze ko Wine - ubundi izina rye ry’ukuri rikaba ari Robert Kyagulanyi - yari yongeye gutabwa muri yombi ahutajwe ubwo yari ku kibuga cy’indege.

Bwana Amsterdam yongeyeho ko ibyo byabaye "nubwo bwose umucamanza yari yamwemereye kongera gukoresha urupapuro rwe rw’inzira kubera ko yari arucyeneye kugira ngo abone uko ava mu gihugu agiye kwivuza."

BBC

Ibitekerezo

  • nice to know 很高兴知道

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa