Idubu ryishe umugore n’umugabo rikomeretsa abandi bantu 7
Yanditswe: Tuesday 12, Jun 2018
Inyamaswa y’inkazi izwi nk’idubu yinjiye mu gace kamwe mu Buhindi yica umugore n’umugabo we ndetse ikomeretsa abaturage 7 bari bari gutabara bagenzi babo ryari ryateye.
Ku Cyumweru mu gitondo cya kare,iri dubu ryateze umugore witwa Baipilli Urvasi w’imyaka 50 ubwo yari agiye kumena ibishingwe inyuma y’urugo ritangira kumurya niko gutaka atabaza umugabo we witwa Tirupathi Rao w’imyaka 55 wahuruye aje gutabara,agapfana n’uyu mugore we.
Byarangiye iri dubu abaturage baryivuganye
Rimaze kwica uyu muryango ryahise ritera undi mugabo riramukomeretsa cyane we n’abandi bagabo 3 bari baje kumutabara gusa ntiryabishe kuko bahise bajyanwa igitaraganya mu bitaro bya Leta byitwa Palasa.
Iri dubu ryakomeje guhohotera abantu gusa ku bw’amahirwe abaturage bishyize hamwe barivuza amahiri n’inkoni,birangira baryishe.
Abo ryakomerekeje barembeye mu bitaro
Bivugwa ko iyi nyamaswa yageze muri iki cyaco ku wa Gatandatu abana barifata amashusho riri kure,babonye ribegereye barahunga niko gukora amahano mu gitondo cyo ku Cyumweru.
Abaturage batewe n’iri dubu n’abo mu gace kitwa Srikakulam mu burasirazuba bwa leta ya Andhra Pradesh mu Buhindi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *