skol
fortebet

Muri Botswana hakuweho amategeko bari barashyizeho yahanaga abaryamana bahuje igitsina

Yanditswe: Tuesday 11, Jun 2019

Sponsored Ad

skol

Urukiko rwo muri Botswana rwavanyeho amategeko ahana abaryamana bahuje igitsina, iki gihugu kiba cyahise cyiyongera ku bihugu nk’Afurika y’epfo byakuyeho amategeko ahana abaryamana bahuje igitsina.

Sponsored Ad

Iki cyemezo cy’urukiko rukuru muri Botswana gitandukanye n’icyafashwe n’urukiko rukuru rwa Kenya mu kwezi gushize kwa gatanu, aho rwo rwashyigikiye itegeko rihana abaryamana bahuje igitsina.

Muri Botswana uwafatwaga yaryamyenye n’uwo bahuje igitsina yahanishwaga igifungo cy’imyaka igera kuri irindwi , gusa kuri ubu byateshejwe agaciro n’urukiko rukuru ruvuga ko ayo mategeko anyuranyije n’itegekonshinga ry’iki gihugu.

Itegeko ryahanaga abaryamana bahuje ibitsina muri Botswana ryariho guhera mu mwaka wa 1965, rikaba ryari ryarashyizweho n’ubutegetsi bw’abakoloni b’Abongereza.

Mu myaka ya vuba ishize, ibihugu bya Angola, Mozambique n’ibirwa bya Seychelles, byakuyeho amategeko ahana abaryamana bahuje igitsina.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa