skol
fortebet

Perezida Tshisekedi yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera amaraso y’inzirakarengane z’Abakongomani zishwe

Yanditswe: Monday 24, Jun 2019

Sponsored Ad

Perezida mushya wa RDC,Felix Tshisekedi ,yasabye Imana imbabazi kubera amaraso y’inzirakarengane yamenwe ku bushake cyangwa se ku makosa mato yakozwe na bamwe mu banyekongo.

Sponsored Ad

Ubwo yari mu masengesho yo gushima Imana [Thanksgiving Day] yabereye kuri stade Martyrs yo mu mujyi wa Kinshasa,Felix Tshisekedi yasabye Imana imbabazi kubw’amaraso y’inzirakarengane y’Abakongomani ndetse asaba Imana guha umugisha RDC.

Tshisekedi yagize ati “Mu izina ry’Abanyapolitiki bari aha n’abataje,ndasaba imbabazi kubera amaraso y’inzirakarengane yamenwe ku bushake no kubera amakosa yoroheje.”

Perezida Tshisekedi nanone yasabiye imbabazi abakongomani bimye umwanya Imana ihoraho bakawuharira abantu bagize nk’ibigirwamana.

Félix Tshisekedi yasabiye imbabazi abanyapolitiki bakoresheje nabi imbaraga zabo bagapyinagaza abanyantege nke ndetse n’abacunze nabi umutungo Imana yahaye RDC.

Uyu munsi wateguwe n’amadini atandukanye muri RDC mu rwego rwo gusaba kwimakaza amahoro muri RDC. Félix Tshisekedi yaboneyeho gusaba abakongomani guhagarika ingengabitekerezo mbi y’urwango n’amacakubiri nkuko Radio Okapi yabitangaje

Ibitekerezo

  • Full of wisdom!!!!

    Imana ishobora kumva Tshisekedi aruko Abakongomani bose basabye Imana imbabazi ubwabo kandi bakareka ibyaha.Ubu tuvugana,muli Kongo haracyameneka amaraso menshi.Imana ibabarira gusa "umuntu wihana akareka ibyaha".UMUTI rukumbi ufitwe n’Imana.Ku munsi w’imperuka,izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza,isigaze abayumvira gusa.Byisomere muli Imigani 2:21,22.Biriya Tshisekedi akora arata igihe,ntabwo Imana yumva ubusabe bwe.Siwe ushinzwe gusabira imbabazi abanyabyaha.Imbere y’Imana,buri wese yisabira imbabazi.Ntawundi umusabira.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa