Umugabo witwa Anil Nag na muramu we witwa Mamata bakomoka mu gihugu cy’Ubuhindi batawe muri yombi nyuma yo gukora amahano bagafatanya kwica nyirabukwe.
Mu buryo bwa kinyamaswa,aba bombi bahondaguye uyu mukecuru kugeza bamwishe bamuhora ko yabimye amasambu.
Mbere y’uko bica uyu mukecuru,uyu mugabo na muramu we babanje gutongana nawe bamusaba ko yabasinyira impapuro z’ubutaka arabyanga niko gutangira kumukubita birangira bamwishe.
Ubu bugizi bwa nabi bwakorewe mu gace kitwa Rusti mu karere ka Sundergarh mu Buhindi,bwamenyekanye nyuma y’aho polisi yahamagawe ko hari umuntu wishwe.
Nyuma yo kwica uyu mukecuru,aba bombi bahise batabwa muri yombi,umurambo w’uyu mukecuru ujyanwa ku bitaro gusuzumwa ngo barebe ikintu nyirizina cyamwishe.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *