skol
fortebet

Umunyarwanda Tresor Niyomugabo w’imyaka 24 atwara indege muri Amerika[MENYA BYINSHI BIMWEREKEYEHO]

Yanditswe: Thursday 15, Oct 2020

Sponsored Ad

skol

Umunyarwanda Tresor Niyomugabo wavukiye i Butare muri 1996 niwe munyarwanda ukiri muto kandi rukumbi utwara indege muri Leta Zunze za Amerika muri sosiyete itwara indege yitwa Sky.

Sponsored Ad

Sosiyete ya Sky ikorera muri Amerika ifite indege 800 ariko Niyomugabo Tresor niwe munyarwanda we nyine utwara indege kandi ukorera iyi sosiyete ihuza uduce dutandukanye tugize iki gihugu bitewe n’ uko abaturage b’ iki gihugu hafi ya bose bakunze gukoresha indege mu ngendo zabo z’ imbere.

Niyomugabo w’ imyaka 24 y’ amavuko abana n’ ababyeyi be muri Amerika mu kiganiro na The Choice yavuze ko mu byatumye atekereza kuba umupilote n’ ubuhamya yumvishe bw’ umutumirwa wa mwalimu we wabaganirije ku buryo yazengurutse isi akanika indege.

Niyomugabo yagize ati” Nkimara kumva uburyo uwo mugabo yazengurutse isi akanika indege nahise numva ko njye nzayizenguruka nyitwaye , ubwo akimara gusoza ikiganiro yaduhaga mu ishuri nahise mukurikira ndamuganiriza n’ amatsiko menshi mubaza niba nazakabya inzozi zanjye nkazatwara indege icyo gihe yahise andangira ishuri nyuma y’ igihe gito nahise nkora urugendo njya kuri iryo shuri nuzuza ibyo bansabaga”

Yakomeje avuga uburyo ku bushobozi bw’ ababyeyi be ntabwo bari kumwishyurira amashuri kuko muri iryo shuri bishyuza amadorari magana 3 ku isaha ariko icyo yabanjije kubona abishingizi babiri n’ ubwo baje kwivuguruza bamubwira mu nyuma ko batabishoboye kuko ayo mafaranga bari bemeye kumutangira yari menshi kuko nabo baje kubara basanga yabafasha mu zabukuru.

Ati” Icyo gihe nacitse indege cyane kuko no muryango wanjye nibwo wari ukigera muri Amerika ariko rero ntabwo inzozi zanjye zasinziriye “.

Akomeza kandi agira ati” Nahise niyemeze gufata inguzanyo ijyanye n’ amasomo nari nafashe n’ ubwo bitari byoroshye ariko narasenze nsaba Imana ngira nti” Mana niba nzatwara ndege urabizi narasenze ndaryama ntariye mu gitondo nsubiye ku ishuri mbabwira ko ibintu bibiri bansabye byananiye mbabaza niba nta yindi inzira cyangwa amahirwe nahabwa bambwira ngo arahari icyo tugusaba n’ uko wazana umubyeyi hano agasinya , mpita mvuga nti” Ibyo gusa”! ubundi ugatangira kwiga bukeye nzanye umubyeyi ahubwo ibyari amata byahise bibyara amavuta kuko banyemereye kwiga ibindi byose bikazishyurwa.

Mbere yo kuba umupilote muri Amerika yize amashuri abanza muri Ecole Primaire de Gatsata azagukomereza muri Uganga ku Ishuri rizwi nka Mengo Senior School ariko aza kurangiriza muri Amerika.

Akihagera yatuye muri Texas arangiriza ayisumbuye muri Cooper Institute aho yize ibyerekeranye no gutwara indege aho yemeza ko magingo aya afite umwuga wo gutwara no gutwara indege.

Muri filozofi ye, Niyomugabo Tresor asaba urubyiruko kutarera amaboko ahubwo rugakora rufite iceyerezo rwirinda gusuzugura akazi.

Ibi yabitangaje muri iki gihe ari mu kiruhuko mu Rwanda aho yemeza ko igihugu cyateye imbere kuko ngo kitameze nk’ uko yagisanze.

Ibitekerezo

  • Mwamfasha mukampuza na tresor Niyomugabob.
    Ubuhamya bwe bwaramfashije cyane.
    Nifuza kuganira nawe .

    Murakoze!

    Tresor , mwarakoze kugira ubutwari budasanzwe kuko bisaba gufata icyemezo gikakaye.
    Gusa ikiganiro cyanyu cyaranshimishije kuko hari byinshi nungutse nyuma yo kubumva.
    Kera numvaga njye nziga Electricity yo mu ndege birangira nize Electricity isanzwe kuko baje kumbwira ko iyo itabaho mbura amahitamo.
    Niba bishoboka mwanyemerera mukampuza na Tresor.
    Thx!

    Tresor , mwarakoze kugira ubutwari budasanzwe kuko bisaba gufata icyemezo gikakaye.
    Gusa ikiganiro cyanyu cyaranshimishije kuko hari byinshi nungutse nyuma yo kubumva.
    Kera numvaga njye nziga Electricity yo mu ndege birangira nize Electricity isanzwe kuko baje kumbwira ko iyo itabaho mbura amahitamo.
    Niba bishoboka mwanyemerera mukampuza na Tresor.
    Thx!

    Ndifuza kubona uburyo twaganiriraho ngewe niga mu iseminari ntoya

    Nange mfite izonzo

    Mwakoze kubwikikiganiro cyamfazhije cyane kuko narintangiye kubura ibyiringiro murino minsi kuko nize PCM so narimfite inzozi zogukomeza mur aviation gus numva bitazashoboka gusa ikikiganiro hari byinshi kinyunguye. MUMFASHIJE MWAMPUZA NA PILOT TRESOR tukaganira byisumbuyeho akaba yanamfasha kwachieving my dream either for more inspiration or other more help. Thanks!!!!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa