Umusore yabengewe n’umukobwa mu ruhame nawe ahita amwihimuraho
Yanditswe: Thursday 27, Feb 2020
Kuri iki cyumweru.tariki ya 23/02/2020, mu gihugu cya Angola umusore yari yasohokanye n’umukobwa w’inshuti ye maze umukobwa amwanze ahita amukuramo inkweto yamuhaye nk’impano mu ruhame, yandurura nibyo baryaga ahita yigendera.
Ubwo uyu mukobwa n’umusore batatangajwe amazina barimo basangira, abantu babonye umusore atangiye gufungura imishumi y’inkweto z’umukobwa maze azimukuramo arazitwara kuko umukobwa yari amaze ku mubwira ko batakiri kumwe mu rukundo.
Abari aho muri restora bakimara kubona ibibaye, bamwe bahise bafata amafoto batangajwe nibyo bari kubona, nyuma nibwo baje kubwirwa ko umusore y’isubije impano y’inkweto yahaye uwo mukobwa abitewe nuko umukobwa yari amaze kumukatira.
Uyu musore agikatirwa ntiyazuyaje kuko yabikoze yihuse ku buryo yanduruye n’ibyo baryaga maze arigendera umukobwa asigara amanjiriwe.
Ibitekerezo
Nicyo cyamushobora