skol
fortebet

Zambia: Umudepite yakubise umugore we aramumugaza [AMAFOTO]

Yanditswe: Friday 14, Jun 2019

Sponsored Ad

Polisi ya Zambia mu gace ka Ndola yataye muri yombi umudepite witwa Frank Ng’ambi kubera ukuntu yakubise akamugaza umugore we.

Sponsored Ad

Uyu mudepite uhagarariye Chifubu mu nteko,yamaze gutabwa muri yombi nyuma y’amafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ukuntu yangije cyane umugore we witwa Mubanga Chikomo Ngambi.

Uyu mudepite yanenzwe na benshi ndetse asabirwa guhanwa by’intangarugero kugira ngo ihohoterwa rikorerwa abagore muri iki gihugu cya Zambia ricike.

Umuyobozi wa polisi ya Copperbelt, Charity Katanga yemeje ko uyu mudepite yatawe muri yombi ndetse agomba kugezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa Gatanu cyangwa mu cyumweru gitaha.



Ibitekerezo

  • Family Violence iteye ubwoba.Muli Mexico,hapfa abagore barenga 9 buri munsi bishwe n’abagabo.Ikindi kandi,abashakanye bacana inyuma babarirwa muli za millions.Impamvu mu ngo habamo ibibazo,nuko abashakanye badakurikiza inama dusanga muli bible twahawe n’Imana.Idusaba ko dukundana,tukababarirana,tukihanganirana,tukubahana,etc... Nguwo umuti rukumbi wa Family Violence.Imana yaduhaye bible kugirango abantu babane mu mahoro.Turamutse dukoze icyo bible idusaba,ibi byose byavaho:Family Violence,Intambara,kurwana,gucana inyuma,kwiba,gusambana,gucurana ibyisi,akarengane,etc...Abanga kumvira Imana,bible ivuga ko izabarimbura bose ku munsi wa nyuma.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa