Leta y’i San Francisco muri California yateye utwatsi icyifuzo cya Perezida Donald Trump cyo gukumira ibihugu bitandatu byiganjemo Abayisilamu kuba bakwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Leta ya California yongeye kwemeza ko ibyo Perezida Trump yifuza bidakwiye nyuma y’uko mu minsi yashize bari batoye ingingo nanone ihabanye n’ugushaka kwa Perezida Trump.
Gusa, Leta ya California yavuze ko bishoboka kugabanya umubare w’abemererwaga kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho kugira (...)
Leta y’i San Francisco muri California yateye utwatsi icyifuzo cya Perezida Donald Trump cyo gukumira ibihugu bitandatu byiganjemo Abayisilamu kuba bakwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Leta ya California yongeye kwemeza ko ibyo Perezida Trump yifuza bidakwiye nyuma y’uko mu minsi yashize bari batoye ingingo nanone ihabanye n’ugushaka kwa Perezida Trump.
Gusa, Leta ya California yavuze ko bishoboka kugabanya umubare w’abemererwaga kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho kugira ngo bakumirwe burundu.
Mu ntangiriro z’uku kwezi Perezida Trump yari yanditse ubutumwa ku rubuga rwe rwa Twitter buvuga ko yifuza amategeko aremereye yo gukumira Abayisilamu mu gihugu cye.
Ibi kandi ngo abikora mu rwego rwo gukaza umutekano wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *