skol
fortebet

Ibyo wamenya ku ntambara ikomeje guhitana ubuzima bwa benshi muri Ethiopia

Yanditswe: Thursday 19, Nov 2020

Sponsored Ad

skol

Intambara ya Tigray ni intambara ikomeje kuba, yatangiye mu Gushyingo 2020 mu Karere ka Tigray muri Etiyopiya, hagati y’ingabo zidasanzwe z’akarere ka Tigray (iyobowe n’ishyaka ryitwa Tigray People Liberation Front) n’ingabo z’igihugu cya Etiyopiya, ku bufatanye n’ingabo zidasanzwe z’akarere ka Amhara. Iyo ntambara ikaba irimo kubera hafi y’igihugu cy’igituranyi cya Eritereya.

Sponsored Ad

Intandaro y’amakimbirane ni igitero gitunguranye cyagabwe n’inzego z’umutekano z’akarere ka Tigray, ziyobowe n’ ishyaka riri ku butegetsi rya Tigray People Liberation Front (TPLF) ku cyicaro gikuru cy’ubuyobozi bw’Amajyaruguru bw’ingabo z’igihugu cya Etiyopiya Ethiopian National Defense Force (ENDF) muri Etiyopiya.

Mu gitondo cyo ku ya 4 Ugushyingo 2020, abashinzwe umutekano mu karere ka Tigray, bayobowe na Tigray People Liberation Front (TPLF) bagabye igitero gitunguranye ku cyicaro gikuru cy’ubuyobozi bw’Amajyaruguru bw’ingabo z’igihugu cya Etiyopiya (ENDF) i Mekelle, umurwa mukuru wa ka karere ka Tigray.

Umwe mu bagize komite nkuru ya TPLF, Sekoutoure Getachew, yemeje ko “imyigaragambyo yabanjirije” yakozwe mu “kwirwanaho”. Muri icyo gitero, bivugwa ko abantu benshi bishwe, imitungo myinshi irangirika abandi barakomereka, kandi nk’uko guverinoma ya Etiyopiya ibivuga, iki kigo cyasahuwe imbunda n’intwaro zikomeye.

Nyuma yaho, Abiy Ahmed, Minisitiri w’intebe wa Etiyopiya, yatangaje ko igitero cya gisirikare kigamije kugarura amategeko n’ubuyobozi bukuru muri aka karere ka Tigray mu mezi 6 azakurikira iki gitero. Serivise z’amashanyarazi, telefone na interineti muri Tigray zarahagaritswe n’abayobozi ba Etiyopiya

nubwo havuzwe ko TPLF ubwayo ari yo yabihagaritse.

Ubuyobozi bw’akarere ka Tigray bwatangaje ko buzihorera igitero icyo ari cyo cyose, kuko bahagaritse ibintu byose byo gutwara abantu, harimo n’indege.

Nyuma y’ihagarikwa rya serivisi za telefone na interineti muri Tigray, Amnesty International yasabye abayobozi ba Etiyopiya kugarura vuba itumanaho kugira ngo bubahirize uburenganzira bw’abaturage ku bijyanye n’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.

Umuryango w’abibumbye wasabye kandi ko amakimbirane akomeje kwiyongera mu karere yahita ahagarikwa ako kanya.

Ku ya 5 Ugushyingo 2020, Umuyobozi mukuru w’akarere ka Tigray, Debretsion Gebremichael, yatangaje ko ingabo za Tigray zafashe intwaro nyinshi ku cyicaro gikuru cy’ingabo z’Amajyaruguru ya gisirikare cya Etiyopiya.

Debretsion yavuze kandi ko ubuyobozi bw’Amajyaruguru bwagiye mu ruhande rwa Tigray, ariko leta ya Etiyopiya yarabyamaganye yavuze ko ari “amakuru y’ibinyoma”, kandi ko ingabo zirwanira mu kirere za Etiyopiya zateye ibisasu ahantu hafi ya Mekelle, umurwa mukuru wa Tigray.

Impunzi zahungiye muri Sudani ziyongereye cyane ku ya 11 Ugushyingo 2020, aho impunzi zigera ku 10,000 zambutse umupaka kuva intambara yatangira.

Twababwira ko Ethiopia ari igihugu kigizwe na leta zitandukanye z’uturere, zihuzwa kandi zigategekwa na leta y’igihugu yo mu murwa mukuru Addis Ababa,Tigray ikaba iherereye mu Ma jyaruguru ya Etiyopiya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa