Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump na Perezida wa Koreya ya Ruguru bombi bamaze kugera muri Singapore ahabera ibiganiro byari bimaze iminsi bitegerejwe n’ abatari bake. Aba bakuru b’ ibihugu basuhuzanyije bahana ibigana igikorwa itangazamakuru mpuzamahanga ryise ‘indamukanyo y’ amateka’.
Perezida Trump yabwiye abanyamakuru muri Singapore ko hari amasezerano aribusingane na Kim Jong Un gusa ntiyasobanuye ayo ariyo.
Yagize ati “Ibyinshi biracyaza, byiza cyane. Ntekereza ko ari byiza kurenza ibyo buri muntu yakwitega. Ikirenze ibindi cyiza cyane tugiye gusinyana amasezerano”
Aba baperezida muri iki gitondo bageze kuri hoteli Capella iherereza mu kirwa cya Sentosa. Kim na Trump bahuye ku isaha ya 9:04 ku isaha yo muri Singapore barasuhuzanya mbere y’ uko batangiye ibiganiro byihariye bari kumwe n’ abasemusi gusa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *