Minisitiri yavuze ko umuvundo muri Kampala ari mwiza ku bukerarugendo
Yanditswe: Wednesday 20, Dec 2017
Umunyamabanga wa Leta ya Uganda ushinzwe ubukerarugendo yatangije ubukangurambaga bwiswe ‘Kampala Sight Seeing Bus campaign’ bugamije guteza imbere ubukerarugendo mu mugi wa Kampala.
Godfrey Kiwanda yavuze ko abaturage basura umugi wa Kampala bivovotera kuba ubamo akavuyo nyamara nako gashobora gukurura ba mukerarugendo.
Abasura uyu mugi bavuga ko ubamo imodoka n’ amapikiki bigendera ku muvuduko wo hejuru n’ abantu batekera ibyo kurya ku muhanda bakanabihacururiza.
Godfrey Kiwanda yagize ati (...)
Umunyamabanga wa Leta ya Uganda ushinzwe ubukerarugendo yatangije ubukangurambaga bwiswe ‘Kampala Sight Seeing Bus campaign’ bugamije guteza imbere ubukerarugendo mu mugi wa Kampala.
Godfrey Kiwanda yavuze ko abaturage basura umugi wa Kampala bivovotera kuba ubamo akavuyo nyamara nako gashobora gukurura ba mukerarugendo.
Abasura uyu mugi bavuga ko ubamo imodoka n’ amapikiki bigendera ku muvuduko wo hejuru n’ abantu batekera ibyo kurya ku muhanda bakanabihacururiza.
Godfrey Kiwanda yagize ati “Aho kujya mu nsengero cyangwa mu kabari ushobora guhitamo guhagarara ku muhanda ukabara imodoka, ukareba uko abanya Uganda batwara. Abanya-uganda bazi Nariobi, Mombasa, New york ariko ntabwo bazi Kampala”
Dail monitor yatangaje ko muri ubu bukangarambaga bwo gushishikiriza ba mukerarugendo gusura Kampala, bisi izazenguruka ahantu nyaburanga hose hari muri uyu mugi
Umunyamahanga azajya yishyura amadorali 30 y’ Amerika, Umunya Uganda yishyure amashilingi 100.
Umwaka ushize uyu muminisitiri yatangaje ubukangurambaga yishe Rolex festival’ bugamije guteza imbere ifunguro rya capati ricururizwa ku muhanda muri Uganda
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *