skol
fortebet

Mugabe yavuye mu gihugu ajyana n’ umuryango we

Yanditswe: Wednesday 13, Dec 2017

Sponsored Ad

Amakuru aturuka mu gihugu cya Zimbabwe aravuga ko Robert Mugabe wahoze ari Perezida wa Zimbabwe kuri uyu wa kabiri tariki 12 Ukuboza yavuye muri iki gihugu akajyana n’ umuryango we.
Nk’ uko ibitangazamakuru byo muri Zimbabwe byabitangaje Robert Mugabew’ imyaka 93 y’ amavuko yafashe indege yerekeza mu gihugu cya Singapore aho yagiye kwisuzumisha ngo arebe uko ubuzima bwe buhagaze.
Mugabe yayoboye Zimbabwe imyaka 37 yegura ku mpamvu yise ize bwite nyuma yo kotswa igitutu n’ ingabo za (...)

Sponsored Ad

Amakuru aturuka mu gihugu cya Zimbabwe aravuga ko Robert Mugabe wahoze ari Perezida wa Zimbabwe kuri uyu wa kabiri tariki 12 Ukuboza yavuye muri iki gihugu akajyana n’ umuryango we.

Nk’ uko ibitangazamakuru byo muri Zimbabwe byabitangaje Robert Mugabew’ imyaka 93 y’ amavuko yafashe indege yerekeza mu gihugu cya Singapore aho yagiye kwisuzumisha ngo arebe uko ubuzima bwe buhagaze.

Mugabe yayoboye Zimbabwe imyaka 37 yegura ku mpamvu yise ize bwite nyuma yo kotswa igitutu n’ ingabo za Zimbabwe.

Magingo Zimbabwe iyobowe na Emmerson Mnangagwa wahoze ari visi Perezida w’ iki gihugu.

Mugabe yeguye nyuma y’ uko hari umwuka w’ uko arimo gutegura umugore we w’ imyaka 52 y’ amavuko Grace Mugabe ngo azamusimbure ku butegetsi.

Ni urugendo rwa mbere rusohoka igihugu Mugabe akoze kuva yava ku butegetsi, gusa akiri no ku butegetsi yakundaga gufata ingendo zerekeza muri Singapore kenshi ajyanywe no kwivuza.

Robert Mugabe avugwaho kuba hari imitungo yagiye yigwizaho akajya kuyibitsa muri banki zo hanze ya Zimbabwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa