Perezida wa Tanzania John Magufuli yasabye abagore guhagarika ibinini biboneza urubyaro bakabyarira igihugu ngo gikeneye abaturage benshi.
Yagize ati "Abagore ubu bahagarika uburyo bwo kuboneza urubyaro”. Depite Cecil Mwambe utavugarumwe n’ ubutegetsi yanzenze iyo mvugo ya Magafuli avuga ko yanyuranyije na politiki y’ ubuzima.
Tanzania ifite miliyoni 53 z’ abaturage muri bo 49% batungwa n’ amadorali atageze kuri 2 ku munsi. Abanyatanzaniya biyongeraho 3% buri mwaka ikigero kiri mu biri hejuru mu isi.
Magufuli atangaje ibi nyuma y’ umunsi umwe, perezida w’ Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’ Abadepite Job Ndugai yasabye abagore b’ abadepite kutongera gushyiraho inzara z’ inkorano n’ ibitsike by’ ibikorano.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *