skol
fortebet

Trump yirukanye uwari ukuriye amatora kubera ko ngo yamuvuguruje

Yanditswe: Wednesday 18, Nov 2020

Sponsored Ad

skol

Perezida Donald Trump w’Amerika yirukanye umukozi wo ku rwego rwo hejuru ushinzwe amatora wamuvuguruje ku byo yavuze ko habayeho uburiganya mu matora ya perezida.

Sponsored Ad

Bwana Trump yavuze ko "yashoje" kontaro ya Chris Krebs wo mu kigo cyo kurinda umutekano wo kuri internet w’ibikorwa by’amatora (CISA) kubera amagambo "atari ukuri byo ku rwego rwo hejuru" ajyanye n’uko amatora yakozwe.

Bwana Trump yanze kwemera ko yatsinzwe na Joe Biden mu matora ya perezida yo ku itariki ya 3 y’uku kwezi kwa 11, avuga ko - nta gihamya atanze - yabayemo uburiganya "bwinshi".

Abategetsi bashinzwe amatora bavuze ko ayo matora ari yo "ya mbere yaranzwemo umutekano mwinshi cyane" mu mateka y’Amerika.

Mu cyumweru gishize, Perezida Trump yirukanye Mark Esper wari umunyamabanga w’ibiro by’ingabo by’Amerika, mu gihe hari amakuru yuko yashidikanyaga niba ari umuyoboke we.

I Washington DC harimo guhwihwiswa ko mbere yuko Bwana Trump ava ku butegetsi mu kwezi kwa mbere, ashobora kwirukana na Madamu Gina Haspel ukuriye ikigo cy’ubutasi bwo hanze y’Amerika (CIA) na Christopher Wray ukuriye ikigo cy’ubutasi bw’imbere mu gihugu (FBI).

Cyo kimwe n’abandi benshi birukanwe na Bwana Trump, Bwana Krebs yamenye ko yirukanwe ubwo ejo ku wa kabiri yabonaga ubutumwa bwo kuri Twitter bwa Perezida Trump bumwirukana, nkuko umuntu uri hafi ye yabibwiye ibiro ntaramakuru Reuters.

Ariko nyuma yo kwirukanwa, uyu wahoze ari mu bakuru b’ikigo cy’ikoranabuhanga cya Microsoft yagaragaye nk’uticuza ibyo yakoze mu kazi ke.

Yavuze ko atewe ishema n’akazi yakoze. Ati: "Twagakoze mu buryo bukwiye..."

Yari yarayoboye icyo kigo cy’umutekano w’amatora wo kuri internet kuva cyashingwa mu myaka ibiri ishize, nyuma y’ibirego byuko Uburusiya bwivanze mu matora ya perezida w’Amerika yo mu 2016 bugamije kugena uyatsinda.

Mu kurinda ko amatora yakwibasirwa n’ibitero byo kuri mudasobwa, ikigo CISA gikorana n’abakozi bashinzwe amatora bo ku rwego rwa leta n’abo mu nzego z’ibanze ndetse na kompanyi zitari iza leta zitanga ikoranabuhanga rikoreshwa mu matora.

Icyo kigo kinagenzura uburyo ibarura ry’amajwi rikorwamo ndetse n’ibijyanye n’umuriro w’amashanyarazi ukoreshwa muri ibyo bikorwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa