skol
fortebet

Umuvugizi wa Perezida Mugabe yanyomoje amakuru y’ uko Mugabe asinzira mu nama

Yanditswe: Friday 12, May 2017

Sponsored Ad

Umuvugizi wa Perezida wa Zimbabwe Robert Mugabe yatangaje ko ibyo abantu bakeka ko uyu muyobozi asinzira mu nama bitewe n’ izabukuru atari byo ahubwo aba ahumirije
George Charamba yatangaje ko uyu mukambwe w’imyaka 93, ahumiriza kuko amaso ye adafite ubushobozi bwo kwihanganira urumuri rwinshi.
Ati “Perezida ntabwo ashobora kwihanganira urumuri rwinshi. Muramutse mwitegereje neza, aba areba hasi kugira ngo yirinde urumuri ruhita rukubita ku maso.”
Charamba yakomeje abwira The Herald ko (...)

Sponsored Ad

Umuvugizi wa Perezida wa Zimbabwe Robert Mugabe yatangaje ko ibyo abantu bakeka ko uyu muyobozi asinzira mu nama bitewe n’ izabukuru atari byo ahubwo aba ahumirije

George Charamba yatangaje ko uyu mukambwe w’imyaka 93, ahumiriza kuko amaso ye adafite ubushobozi bwo kwihanganira urumuri rwinshi.

Ati “Perezida ntabwo ashobora kwihanganira urumuri rwinshi. Muramutse mwitegereje neza, aba areba hasi kugira ngo yirinde urumuri ruhita rukubita ku maso.”

Charamba yakomeje abwira The Herald ko babazwa no kubona ibinyamakuru bishinja Mugabe gusinzira mu nama, zaba izibera mu gihugu cyangwa hanze yacyo.

Ibi abitangaje mu gihe Mugabe kuri ubu ari muri Singapore aho yagiye kwivuza, aherutse gufotorwa ameze nk’usinziriye ubwo yari yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Bukungu,WEF, yabereye mu Mujyi wa Durban muri Afurika y’Epfo mu cyumweru gishize.

Nubwo hari abavuga ko uku gusinzira mu ruhame abiterwa no gusaza, Mugabe watangiye kuyobora Zimbabwe mu 1987 yatangaje ko ateganya kwiyamamariza indi manda.

Ibitekerezo

  • niba atemera ko sebuja aba asinziriye azabyemera yituye hasi cyangwa arimo guta inkonda

    Ibya Mugabe si ugusinzira, babyita kumva abanzi.

    Uriya muvugigizi wa nyakubahwa ni inararibonye ibyo yavuze nibyo none se abasenga ntibona ko bisinziriza kugirango badakanura sekibi akabashuka,buriya Mugabe nawe aba ahumirije atekerereza ahazaza heza h’igihugu cye.

    Birashoboka da, none abavuga ko aba asinziriye bari bumva yavuze ibiterekeranye na topic iba yabahuje? kandi buriya ngo arakomeye ngo ikofe rye rirarindwa, nimumureke azongere yiyamamaze kuko yiyemerera ko agifite imbaraga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa