skol
fortebet

Ba bana 4 bishwe na Mama wabo ubabyara ’Beatrice’ abanize bashyinguwe

Yanditswe: Sunday 05, Jul 2020

featured-image

Sponsored Ad

skol

Mu gihugu cya Kenya, mu gace ka Kinangop, abaturage bashyinguranye agahinda n’akababaro abana 4 bishwe banizwe na nyina ubabyara, Beatrice Mwende, kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.

Sponsored Ad

Aba bana bari batarageza ku myaka y’ubukure, ni Melody Warigia w’imyaka 8, Willy Macharia w’imyaka 6, Samantha Njeri w’imyaka 4 na Whitney Nyambura w’imyaka 2, bose bakaba bashyinguwe mu mva imwe.

Nyina w’aba bana, Beatrice Mwende, ufunze mu gihe hagikorwa iperereza ku cyamuteye ubu bwicanyi akurikiranweho, avuga ko ibyo yakoze yabitewe n’abadayimoni ndetse n’uwahoze ari umukunzi we hakiyongeraho n’ibibazo by’amafaranga.

Ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Naivasha, uyu mugore w’imyaka 42 yavuze ko asabira imbabazi icyaha yakoze ariko ko yiteguye gufungwa. Uyu mugore yavuze kandi ko umukunzi we baherutse gutandukana umwaka ushize, yakundaga kumusaba gukora ibintu biteye ubwoba nk’ibi.

Mwende yavuze ko buri tariki 26 za buri kwezi, yakundaga kuzirwa n’amadayimoni amusaba ibintu we atabasha kwitaho akoresheje ubwenge n’imbaraga ze. Yakomeje avuga ko ubwo yamaraga kwica aba bana, yagiye i Naivasha aho umukunzi we akorera gusa ntiyahamusanga, amusigira ibaruwa.

Ku Cyumweru, Polisi yagaragaje ibaruwa uyu mugore yandikiye umuhungu we mukuru, Alex, amusobanurira impamvu yatumye yica abavandimwe be. Alex yarokokanye na murumuna we muto witwa Bravo batajyaga basigana, bakaba batari bahari ubwo ubwicanyi bwabaga.

Mwende mu ibaruwa yasobanuye ko yamenye amakuru ko umukunzi we yari afite undi mugore ndetse bishimisha mu mitungo ya Mwende yari yarahaye uwo musore, akemeza ko icyamuteye kwihekura ari ibibazo by’ubukene no guhemukirwa n’uwari umukunzi we. Yagize ati:

Birababaje cyane kuba uzi neza ko abana bawe bagiye kubaho mu buzima bubi byaraguturutseho. Narabakundaga cyane, nkumva ntifuza kubabona bandagara. Iyo nza kuba mfite akazi gahoraho, sinari kwiyicira abana.

Urubanza ruregwamo Mwende hagamijwe gufata umwanzuro ku cyaha yakoze ndetse yiyemerera, ruzasubukurwa ku wa 6 Nyakanga 2020.

Ibitekerezo

  • ARIJYEYAHERAMO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa