skol
fortebet

Burundi: Umugore yatwitse iminwa y’abana yareraga akoresheje ikiyiko gishyushye abaziza kurya indagara

Yanditswe: Saturday 25, Jul 2020

featured-image

Sponsored Ad

Abana babiri b’Abahungu bakomoka muri Komini ya Bugarama mu ntara ya Rumonge mu gihugu cy’u Burundi batwitswe iminwa hakoreshejwe ikiyiko gishyushye bazira kurya indagara.

Sponsored Ad

Abo bana bakaba batwitswe na mukase wabareraga nyuma yo kubashinja ko bamuririye indagara nkuko amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru byo mu Burundi yabisobanuye.

Polisi yo muri iki gihugu ikimara kumenya aya makuru yahise ita muri yombi se w’aba bana ndetse n’uyu mukase ushinjwa kubatwika kugira ngo babazwe uwakoze ayo mahano.

Amakuru avuga ko aba bana batwitswe iminwa na mukase bari abasizwe n’umugore wa mbere w’umugabo we.

Ku cyumweru gishize kandi mu Burundi,umukobwa witwa Virginia wo muri komini Mwumba mu ntara ya Ngozi yatawe muri yombi azira guta umwana mu musarani bamukuyemo basanga yapfuye.

Muri iyi Komini ngo ibyaha by’abagore babyara abana bagahita babica gikomeje kwiyongera kubera ko abagabo n’abasore batera inda abakobwa bakunze kubihakana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa