skol
fortebet

Nairobi: Inyubako y’amagorofa 7 yagwiriye abari banze kuyisohokamo, 15 baburirwa irengero

Yanditswe: Tuesday 13, Jun 2017

Sponsored Ad

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, inyubako iherereye mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi, yagwiriye abantu batari bake bitaba Imana abandi baburirwa irengero, gusa abatabazi baracyakomeje gushakisha mu itongo ry’iyo nzu.
Amakuru yatangajwe n’umukuru wa Polisi ya Kenya, Japhet Koome, avuga ko benshi mu basanzwe bakodesha muri iyo nyubako bari babwiwe kuyisohokamo itaragwa.
Koome ati “Hagati y’abantu babiri n’icumi cyangwa se abarengaho baburiwe irengero. Harimo bamwe banze kuyisohokamo kandi (...)

Sponsored Ad

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, inyubako iherereye mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi, yagwiriye abantu batari bake bitaba Imana abandi baburirwa irengero, gusa abatabazi baracyakomeje gushakisha mu itongo ry’iyo nzu.

Amakuru yatangajwe n’umukuru wa Polisi ya Kenya, Japhet Koome, avuga ko benshi mu basanzwe bakodesha muri iyo nyubako bari babwiwe kuyisohokamo itaragwa.

Koome ati “Hagati y’abantu babiri n’icumi cyangwa se abarengaho baburiwe irengero. Harimo bamwe banze kuyisohokamo kandi baburiwe mbere. Gusa twe turi gukora igishoboka cyose ngo tumenye ukuri nyako.”

Nyuma y’uko inyubako igwa ubutabazi bwahise buhasesekara batangira gucukura bashakisha ababa bagwiriwe n’iyo nzu. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri Imbangukiragutabara za St John zatangaje ko abantu 15 baburiwe irengero kandi ngo bizatwara igihe kirekire kuba bagera aho inzu yagwiriye hose kugira ngo bemeze abahitanwe n’iyo mpanuka.

Biravugwa ko nyiri iyo nzu atabashije kuboneka ako kanya ngo abazwe ibyo iryo gwa.

Iyi nyubako yari isanzwe ifite ubumene bugaragara ku nkuta zayo ndetse babayibamo bari basabwe kuyivamo mbere y’igihe. Mu minsi yashize, inyubako zitandukanye zo mu mujyi wa Nairobi zahitanye ubuzima bw’abantu batari bake ariko kandi nta gisubizo gihamye ubuyobozi bw’umujyi burabonera ikibazo cy’inyubako.

Ibitekerezo

  • kenya igihugu gikomeye kitagira abatekinisiye ikigihugu nifeke ntabafundi bahaba kbsa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa