Umutekano
Abantu 7 hari ubwoba ko bishwe n’ umusozi waridutse muri Uganda
Yanditswe: Thursday 11, Oct 2018
Mu karere ka Bududa mu burasirazuba bwa Uganda umusozi waridutse utaba abantu nibiramenyekana niba bapfuye cyangwa bagihumeka.
Iki kiza cyabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukwakira 2018 nk’ uko byatanmgajwe na Chimpreports.
Umuryango utabara abari mu kaga Croix Rouge watangaje ko uyu musozi watabye abantu barindwi.
Umuvugizi wa Croix Rouge muri Uganda Irene Nakasiita yavuze ngo “Raporo y’ ibanze irerekana ko imibare ishobora kurenga abantu 7
Abantu bagize ubwoba barahunga kugira ngo bakize amagara yabo.
Muri iyi minsi mu karere ka Bududa harimo kugwa imvura nyinshi igatezwa umwuzure, Croix Rouge yavuze ko hashobora kuba izindi nkangu.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *