skol
fortebet

Burundi: Abana babiri bari munsi y’ imyaka 10 bahambwe ari bazima bazira kwiba

Yanditswe: Tuesday 16, Jan 2018

Sponsored Ad

Polisi y’u Burundi irimo irashakisha umuntu yaba yarahambye abana babiri bari mu kigero cy’ imyaka umunani ari bazima abaziza kwiba ibigori.
Ibi byakozwe mu mpera z’ icyumweru gishize biza kumenyekana bitewe n’ abafoto yasakwaya ku mbuga nkoranyambaga. Uwabikoze yahambye igihimba cya buri mwana muri abo babiri.
BBC yabitangaje ivuga ko byabereye ku musozi wa Nyamabere muri komine Mpanda y’intara ya Bubanza.
Bivugwa ko aba bana bahambwe na nyir’ umurima bikekwa ko bari bibyemo ibigori.
Abo (...)

Sponsored Ad

Polisi y’u Burundi irimo irashakisha umuntu yaba yarahambye abana babiri bari mu kigero cy’ imyaka umunani ari bazima abaziza kwiba ibigori.

Ibi byakozwe mu mpera z’ icyumweru gishize biza kumenyekana bitewe n’ abafoto yasakwaya ku mbuga nkoranyambaga. Uwabikoze yahambye igihimba cya buri mwana muri abo babiri.

BBC yabitangaje ivuga ko byabereye ku musozi wa Nyamabere muri komine Mpanda y’intara ya Bubanza.

Bivugwa ko aba bana bahambwe na nyir’ umurima bikekwa ko bari bibyemo ibigori.

Abo bana batabawe n’abaturanyi bahahingutse nyir’ umurima arimo wabakubitaga agahita ahunga.

Si ubwa mbere mu Burundi, abana bahohotewe muri bene ubwo buryo, bazira kwiba ibigori mu murima.

Hari abahungu babiri baciwe ibiganza babikorewe n’abandi bana b’ urubyiruko, bazira kwiba ibigori.

Abagiriwe n’icyo cyaha bahawe igihano kiri hagati y’imyaka ine na 20 hamwe n’ihazabu ya miliyoni enye.

Ibitekerezo

  • Mbega igikorwa cyubunyamaswa we! Gutaba abana koko!!!

    Mbega igikorwa cyubunyamaswa we! Gutaba abana koko!!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa