skol
fortebet

Uganda: Umupolisi yarashe umuntu nawe ahita yitura hasi arapfa

Yanditswe: Monday 16, Jul 2018

Sponsored Ad

Siraj Tibata wari umuyobozi wa sitasiyo ya polisi ya Molo muri Tororo, yikubise hasi ahita apfa nyuma yo kurasa umuturage aho barwaniraga mu kabari.

Sponsored Ad

Siraj Tibata yapfuye ku wa Mbere tariki ya 16 Nyakanga 2018, ahagana saa yine z’ijoro, ubwo mu kabari ‘Aqua’s drinking Joint’ haberaga imirwano nawe akarimo, akarasa umuturage umwe, nyuma nawe akaza kwikubita hasi agahita apfa.

Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Dailymonitor, ngo Siraj Tibata yikubise hasi ubwo yari amaze kubona ko arashe umuturage, aho bari muri ako kabari imirwano yaberagamo.

Umwe mu baturage bari aho witwa John Opio, yagize ati “Tibata yazanye abandi b’ofisiye muri ‘Aqua’s drinking joint’ baje guhagarika iyo mirwano, ariko muri ako kavuyo, ku bw’ibyago yarashe umuturage, Dominic Omaset , mu kanya gato yituye hasi ahita apfa mu buryo budasobanutse”.

Kwamamaza
Dominic Omaset warashwe ngo bahise bamujyana mu ivuriro ‘Hope clinic’ nyuma bahamuvana bamujyana kuvurirwa mu bitaro bikuru bya Tororo. Bamwe bakaba bavuga ko yari inshuti y’uyu mupolisi wapfuye.

Umuyobozi w’agace ka Molo, John Emiriat yatangaje ko Tibata yapfiriye mu ivuriro “Hope clinic’ aho bahise bamujyana, ati “Turacyeka ko yishwe n’agahinda yagize nyuma yo kumenya ko arashe umuntu”.

John Emiriat wasobanuraga uburyo Tibata yari umupolisi witondaga, yaboneyeho kugaya abaturage batubahiriza amategeko.

Nyuma y’urupfu rwa Siraj Tibata, ngo nta muntu n’umwe watawe muri yombi, iperereza rikaba ririmo gukorwa ngo hamenyekanye icyaba cyatumye uyu mupolisi apfa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa