skol
fortebet

Abakorera Siporo hanze y’ingo zabo bagiriwe inama na Polisi

Yanditswe: Friday 03, Apr 2020

Sponsored Ad

skol

Polisi y’u Rwanda iributsa abaturarwanda ko nta muntu wemerewe gusohoka mu rugo yitwaje ko arimo gukora siporo. Abashaka gukora siporo baragirwa inama yo kuyikorera mu rugo badasohotse hanze.

Sponsored Ad

Ibi Polisi y’u Rwanda ibitangaje nyuma y’aho bigaragariye ko kuva hasohoka amabwiriza ya Leta yo kuguma mu ngo hagamijwe gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus hari abantu bakomeje kugaragara hanze bavuga ko barimo gukora siporo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko siporo nayo iri mu kiciro cy’ingendo zitari ngombwa ari nayo mpamvu abashaka kuyikora bagomba kuyikorera mu ngo zabo.

Yagize ati: “Mu mabwiriza ya Minisitiri w’Intebe hagaragaramo ko ingendo zitari ngombwa zitemewe, uyu munsi urajya kubona ukabona abantu bari mu mihanda biruka wababaza bakakubwira ko ngo barimo muri siporo. Abo turababwira ko bitemewe, siporo bayikorere mu ngo zabo.”

Muri gahunda yo kugenzura ishyirwa mu bikorwa gahunda yo kuguma mu ngo, hirya no hino mu mujyi wa Kigali hatangiye kunyura abapolisi bafite indangururamajwi bakangurira abantu kuguma mu ngo, abari ahatangirwa serivisi nko ku masoko, muri banki ndetse no kwa muganga barakangurirwa gushyira intera ya metero imwe hagati y’umuntu n’undi.

CP Kabera yagize ati: “Nubwo amabwiriza yasohotse haracyagaragara abantu bakora ingendo zitari ngombwa hanze y’ingo, abandi bagasohoka bagahurira nko ku irembo ugasanga babaye benshi kandi begeranye. Abapolisi bafite ubutumwa batangiye kunyura mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali bakangurira abantu kuguma mu ngo zabo ndetse n’abari hanze bagasubizwa mu ngo zabo.”

Umuvugizi wa Polisi arakangurira abaturarwanda kubahiriza amabwiriza uko yatanzwe bagategereza ikizakurikiraho nyuma y’iminsi yongerewe ku byimweru bibiri yaribyaratanzwe mbere.

CP Kabera agaragaza ko kuguma mu rugo ari inyungu za buri muntu mu rwego rwo kwirinda no kurinda buri wese icyorezo cya Coronavirus kuko ari inshingano ya buri muturarwanda.

Biteganyijwe ko byibuze iyi gahunda yo kuguma mu ngo yarangira tariki 19 Mata 2020, mu gihe iki cyorezo cyaba kimaze kubonerwa igisubizo.

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa Gatatu yize ku Cyorezo cya COVID-19,yemeje ko ingamba zikarishye zo gukomeza kukirwanya ngo kidakwirakwira mu Rwanda zizakomeza kugeza kuwa 19 Mata 2020.

Ingamba zafashwe kuwa 21 Werurwe 2020 zigomba gukomeza gukurikizwa:

Kuva mu ngo no gusurana bitari ngombwa birabujijwe, keretse serivisi zihutirwa nko kujya kwivuza, guhaha ibiribwa, kujya kuri banki cyangwa abakozi bagiye gutanga izo serivisi.

Ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi bizakomeza mu rwego rwo gukomeza gutunganya neza igihembwe cy’ihinga B. Ibyo bikazakorwa hubahirizwa ingamba za Minisiteri y’Ubuzima mu gukumira icyo cyorezo.

Insengero zizakomeza gufunga.

Amashuri y’ibyiciro byose (yaba aya Leta n’ayigenga) azakomeza gufunga. Abanyeshuri bazashyirirwaho uburyo bwo gukomeza kwihugura hifashishijwe ikoranabuhanga.

Abakozi bose (aba Leta n’abikorera) bazakomeza gukorera mu ngo zabo bifashishije ikoranabuhanga, kereka abatanga serivisi zikenewe cyane zibasaba kujya aho basanzwe bakorera.

Imipaka izakomeza gufungwa, kereka ubwikorezi bw’ibicuruzwa (cargo trucks). Abanyarwanda batahuka mu gihugu bemerewe gutaha, ariko bagahita bashyirwa mu kato k’iminsi 14.

Ingendo hagati y’imijyi n’uturere tw’igihugu zizakomeza guhagarara, kereka ku mpamvu za serivisi z’ubuzima cyangwa izindi serivisi z’ingenzi. Ubwikorezi bw’ibiribwa n’ibikenerwa by’ibanze buzakomeza.

Amasoko n’amaduka y’ubucuruzi bizakomeza gufunga, kereka ahacururizwa ibiribwa, imiti (za farumasi), ibikoresho by’isuku, ibikomoka kuri peteroli n’ibindi bikoresho by’ibanze.

Moto ntizemerewe gutwara abagenzi ariko zishobora gutwara ibintu by’ibanze mu kubigeza ku bandi.

Utubari twose tuzakomeza gufunga.

Resitora na café zizajya zitanga gusa serivisi zo kugeza ku bantu ibyo bakeneye batahana (take away).

Abantu barakangurirwa gukoresha ikoranabuhanga igihe cyose bishoboka haba mu kwishyurana no gukoresha serivisi za banki.

Perezida Kagame kandi yashimiye Abanyarwanda ubwitange bagaragaje mu kurwanya COVID-19, abasaba gukomeza ubufatanye muri ibi bihe bidasanzwe. Yanashimiye inzego zitandukanye uruhare rwazo mu kubahiriza ingamba zigamije gukumira ikwirakwira ry’icyo Cyorezo.

Minisiteri y’Ubuzima isaba Abanyarwanda gukomeza kwita ku isuku bakaraba intoki, kwirinda kujya ahantu hateraniye abantu benshi,gusiga intera ya metero imwe hagati y’abantu mu gihe bahuriye nko mu isoko n’ahandi hateraniye abantu benshi,kwirinda gusuhuzanya no gukoranaho no kwirinda ingendo zitari ngombwa.

Ibimenyetso bya Coronavirus birimo kugira umuriro, ibicurane, umunaniro n’inkorora ijyana no kubabara mu mihogo, guhumeka nabi bishobora kugera aho bitera umusonga nawo ushobora kubyara urupfu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa