skol
fortebet

Abandi bantu bakoraga ubucuruzi bumeze nk’ubwa Supermarketing batawe muri yombi

Yanditswe: Wednesday 27, Nov 2019

Sponsored Ad

skol

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi abantu batandatu bakorera ibigo bibiri binyuranye, bakurikiranyweho gukora ubucuruzi butemewe n’amategeko buzwi nk’ubw’uruhererekane.

Sponsored Ad

Ni ubucuruzi buhurirwaho n’abantu benshi, bigasaba umuntu gutanga amafaranga runaka, abo yinjije muri ubu bucuruzi akagenda agira inyungu abakuraho.

Ni ubucuruzi RIB ivuga ko burangira abatanze amafaranga yabo bayamburwa.

RIB yatangaje ko abafashwe ari Munezero Daniel, Nahimana Valens, Umutoniwase Claudine na Uwishimwe Gemima bakorera muri Amway Group Ltd hamwe na Bizumuremyi Rafiki na Shema Darius, bombi bakorera muri Master Global Partners Ltd.

Aba bose bakurikiranyweho gukora ubucuruzi butemewe n’amategeko (ubucuruzi bw’uruhererekane).Ubu bucuruzi burangira abatanze amafaranga yabo bayamburwa.

RIB irakangurira abaturarwanda kwirinda ababareshya bababeshya ko bagiye kubakiza vuba bakabashora mu bucuruzi butemewe ahubwo bagamije kubambura umutungo wabo, inashimira kandi abatanze amakuru kugira ngo abakekwaho ibyaha bafatwe.

Mu mwaka ushize nabwo RIB yataye muri yombi abari abayobozi b’Ikigo Supermarketings Global Ltd, aho abantu bashoragamo amafaranga yabo na cyo kikabungukira mu buryo bavugaga ko budasanzwe.

Hari nyuma y’uko Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) iburiye Abanyarwanda n’abaturarwanda kwirinda gukorana n’abantu cyangwa ibigo bitabyemerewe byizeza indonke y’amafaranga abantu babigana hashingiwe ku ngano y’amafaranga yabikijwe, ibicuruzwa cyangwa serivisi byaguzwe n’umubare w’abakiriya babyitabiriye.

Ibitekerezo

  • none c kuki ibindi bita infinity global byo batabifunga byo biremewe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa