skol
fortebet

Abarezi basobanuriwe uko Jenoside yahagaritswe ngo bigiye kubafasha mu kazi kabo

Yanditswe: Friday 30, Nov 2018

Sponsored Ad

Abarimu n’ abayobozi bo mu Rwunge rw’ Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Pawulo Kibeho (G.S.St Paul Kibeho) baratangazaga ko bagiye kurushaho gutanga uburezi bufite ireme no gufasha abanyeshuri kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside.

Sponsored Ad

Babitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Ugushyingo 2018 nyuma yo gusura ingoro ndangamateka y’ urugamba rwo kubohora igihugu iherereye ku Nteko Ishinga Amategeko y’ u Rwanda.

Aba barezi batemberejwe ibice byose bigize iyi ngoro berekwa uko Jenoside yateguwe uko yakozwe n’ uko yahagaritswe n’ Abanyarwanda ubwabo amahanga yabatereranye.

Umuyobozi w’ iri shuri Ndagijimana Sylvestre yavuze ko uru rugendoshuri bakoze rwatumye bunguka amakuru bari bakeneye cyane.


Umuyobozi wa G S St Kibeho, Ndagijimana Sylvestre

Yagize ati “Twari dukeneye ano makuru nk’ abantu bigisha, twajyaga twigisha abana ibintu twumvise ariko noneho twanabibonye”

Mbonyumugenzi Dieu donné , ushinzwe amasomo muri G.S.St Paul Kibeho yavuze ko hari ubwo umunyeshuri yabazaga abarezi amateka ajyanye n’ urugamba rwo kubohora igihugu ntibamusobanurire neza kuko babaga barabibwiwe batabireba.

Yakomeje avuga ko ubumenyi bahakuye bugiye kubafasha guhangana n’ ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “Kuba twasuye ino ngoro biradufasha guhangana n’ ingengabitekerezo ya Jenoside tubwira abana ukuri uko kuri”

Mbonyumuvunyi yasabye ko abarimu bose bo mu Rwanda bazasura iyi ngoro ndangamateka y’ urugamba rwo guhagarika Jenoside.

Iyi ngoro irimo amafoto, inyandiko, amashusho bifasha uyisuye kubona ishusho y’ uko byari bimeze mbere ya jenoside mu gihe cya Jenoside no mu gihe cyo kuyihagarika.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa