skol
fortebet

‘Dufite Abanyarwanda bajya kwanduranya mu gihugu cy’abaturanyi’- Gen. Mubarak Muganga

Yanditswe: Sunday 14, Oct 2018

Sponsored Ad

Gen. Mubarak Muganga yaburiye abanyarwanda bajya kwanduranya muri Tanzania ababwira ko batazihanganirwa.

Sponsored Ad

Yabigarutseho ku wa Gatanu mu nama mpuzabikorwa y’akarere ka Kirehe, yahuje inzego zose z’ubuyobozi muri aka karere kuva ku rwego rw’umudugudu.

Yagize ati “Dufite abanyarwanda bajya kwanduranya mu gihugu cy’abaturanyi, bajya guhiga inyamanswa zaho abandi bajya gutashyayo inkwi, abo ntabwo tuzabihanganira kuko bari kujya kwanduranya mu kindi gihugu.”

Yakomeje agira ati “Ziriya nyamanswa bajya guhiga akenshi usanga zirwaye indwara zitandukanye ku buryo bashobora no kuzikuraho izo ndwara bakaza kuzanduza abaturage bacu. Ikindi hariya mujya guhiga, mujya gusenya, mujya gutwikirayo amakara, ni mu kindi gihugu ntabwo ari mu Rwanda uzajya afatwa azajya ahanwa, ntabwo tuzabyihanganira."

Nkuko IGIHE cyabitangaje, Gen.Mubaraka yibukije abanyakirehe ko bafite igihugu cyiza, ababwira ko ibyo bajya gushaka hakurya no mu Rwanda bihari.

Ibi bitangajwe mu gihe hashize amezi atatu Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yihanangirije Abanyarwanda bajya muri Uganada gushakayo serivisi.

Ubu butumwa Perezida Kagame yabutanze ku ya 4 Nyakanga 2018 ubwo u Rwanda rwizihizaga umunsi wo kwibohora.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa