skol
fortebet

Kigali:Abaryamana n’abo bahuje ibitsina ngo bagiye gukorerwa ubuvugizi

Yanditswe: Monday 25, Nov 2019

Sponsored Ad

skol

Kuri uyu wa 4 i kigali habaye inama yahuje bamwe mu bayobozi b’inzego zibanze, abashinzwe umutekano ndetse n’abaryamana bahuje ibitsina bagirana ibiganiro bitandukanye.

Sponsored Ad

Muri iyi nama bamwe mu bayobozi biyemeje ko bagiye gukora ubuvugizi ku bo bayobora ndetse no kurwanya ihohoterwa n’ihezwa rikorerwa abaryamana bahuje ibitsina.

Nyuma yo guhugura abo bayobozi biyemeje gutanga umusanzu ufatika kugirango abaryamana bahuje ibitsina bagire amahirwe angana n’ay’abandi nko muri serivisi z’ubuvuzi n’ibindi.

Bwana Nizeyimana Seleman uyobora umuryango wa Hope and care yavuze ko banejejwe n’uko izi nzego zose zigiye kugira uruhare mu kurengera no kwita kuri aba baryamana n’abo bahuje ibitsina,yagize ati : « Twahuguye aba bayobozi ngo nabo bamanuke hasi babwire abo bayobora babakangurire kurwanya akato gakunze gukorerwa aba baryamana nabo bahuje ibitsina (LGBTI).

Ni amahugurwa yateguwe n’umuryango Hope and care , BHF (Building Hope for future) ndetse na HOCA ( Horizon Community Association),ku nkunga ya HDI, union Europeen ndetse nabandi bafatanyabikorwa.

Muri iyi minsi mu mibare igaragazwa n’abashakashatsi yerekana ko mu Rwanda amategeko ahari arengera abaturarwanda ku bijyanye n’ihezwa ndetse n’ihohoterwa.

Ibitekerezo

  • Muraka Puuuuuuu. Abaswa Gusa.

    murahaze Sha! mumaze kwibagirwa amarira mwariraga musaba Imana ngo Ibarokore none mwijanditse mu butinganyi gusa

    murahaze Sha! mumaze kwibagirwa amarira mwariraga musaba Imana ngo Ibarokore none mwijanditse mu butinganyi gusa

    Ntidukeneye abatinhanyi mu gihugu cyacu batazadukururira uburakari BY’IMANA nkuko byagenze I sodoma n’igomora. Abayobozi bacu mwamagane ikibi.

    Nibabareke aho kugira ngo ubyare abo utazarera, wakibanira n’uwo muhuje I Gitsina. Nibabahe umutekano namwe muri abantu

    Nibabareke aho kugira ngo ubyare abo utazarera, wakibanira n’uwo muhuje I Gitsina. Nibabahe umutekano namwe muri abantu

    Ayo mafaranga muri guhabwa n’iyo miryango mpuzamahanga niyo ari kubakoresha ibyo byose

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa