skol
fortebet

Nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye Agakiriro ka Gisozi hatangajwe akayabo k’amamiliyoni y’u Rwanda yagendeyemo

Yanditswe: Wednesday 05, Jun 2019

Sponsored Ad

skol

Nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye Agakiriro ka Gisozi igatwika inzu n’ibikkoresho,ubuyobozi bw’Umudugudu wa Kagara ahari agakiriro ka Gisozi buravuga ko imitungo y’abaturage yahiye ifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni 80.

Sponsored Ad

Mu byahiye harimo inzu za Uwera Jean Pierre, Kimenyi Innocent na Emmanuel Zunguruka, zacururizwagamo imbaho, ibikoresho by’ubwubatsi n’ububaji bitandukanye

(quincaillerie), imifariso yari yaragenewe gukora intebe ndetse n’ibiribwa.

Umwe mu bari bahafite ibicuruzwa(imbaho), Cyurinyana Beatrice avuga ko inkongi yaturutse mu kazu karimo za sharijeri za telephone, ba nyirako bibagiwe gusiga bahagaritse umuriro w’amashanyarazi winjiragamo.

Iyi nkongi yadutse ahagana ku isaa Moya, yakomeje kuranda bitewe n’ubucucike bw’ibicuruzwa byari biri mu nzu z’Ubucuruzi.

Cyurinyana avuga ko imbaho ze zangiritse zifite agaciro karenga amafaranga miliyoni ebyiri n’igice, uwitwa Sibomana akavuga ko yahishije ibiguzwe miliyoni 10, naho Mukabalisa Jeanne we akavuga ko ibyahiye bifite agaciro k’ibihumbi 500.

Aba baturage bavuga ko nta bwishingizi bari barafatiye ubucuruzi bwabo, bakaba basaba Leta kugira icyo yabashumbusha.

Abakoreraga muri aka gace kahiye k’agakiriro bavuga ko kugeza ubu na bo bari mu gihirahiro cy’uburyo bagiye gutangira ubuzima bushya.

Hari ugira ati “Ubuzima twinjiyemo ni nk’ubwa mayibobo, nta handi nari mfite nkesha amaramuko kuva mu myaka umunani ishize”.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Kagara mu Kagari ka Musezero, Umurenge wa Gisozi ubarizwamo aka gakiriro, Mudahemuka Epimaque, avuga ko hangiritse imitungo y’abaturage irengeje agaciro k’amafaranga miliyoni 80.

Mudahemuka yirinze guha icyizere abasaba Leta kuzabashumbusha kuko ngo imitungo yabo itari yarafatiwe ubwishingizi, ariko avuga ko barimo gukora ubuvugizi kugira ngo abantu bongere kuhakorera.

Ati “Ntabwo turabasha kumenya icyo ubuyobozi budutekerezaho, ni ahantu hari hatunze imiryango myinshi ishobora kugera muri 20”.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha RIB, n’ubwo rwakusanyije ibimenyetso, ntacyo ruratangaza kuri iyi nkongi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa