skol
fortebet

Perezida Kagame yagaragaraje ikizatuma abakobwa batinyuka ikoranabuhanga

Yanditswe: Thursday 11, May 2017

Sponsored Ad

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yasobanuye ko imiyoborere myiza iha agaciro kangana abaturage ari yo izatuma abari n’abategarugori bagerwaho n’ikoranabuhanga bakanatinyuka kurikoresha.
Yabivugiye mu kiganiro cy’abakuru b’ibihugu bitabiriye inama ya Transform Africa 2017 kuri uyu wa 11 Gicurasi 2017, cyari kitabiriwe na Perezida wa Djibouti, Ismail Omar Guelleh, uwa Niger, Mahamadou Issoufou, uwa Mali Ibrahim Boubacar Keita, Minisitiri w’Intebe wa Sao Tome, uwa Gabon n’uwa Guinea Equatorial. (...)

Sponsored Ad

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yasobanuye ko imiyoborere myiza iha agaciro kangana abaturage ari yo izatuma abari n’abategarugori bagerwaho n’ikoranabuhanga bakanatinyuka kurikoresha.

Yabivugiye mu kiganiro cy’abakuru b’ibihugu bitabiriye inama ya Transform Africa 2017 kuri uyu wa 11 Gicurasi 2017, cyari kitabiriwe na Perezida wa Djibouti, Ismail Omar Guelleh, uwa Niger, Mahamadou Issoufou, uwa Mali Ibrahim Boubacar Keita, Minisitiri w’Intebe wa Sao Tome, uwa Gabon n’uwa Guinea Equatorial.

Perezida Kagame yavuze ko ibihugu bya Afurika nibyimika politiki izira ivangura rishingiye ku gitsina, abakobwa bazarushaho gukoresha ikoranabuhanga.

Ati “ Gukuraho ubusumbane mu ikoranabuhanga bizagerwaho kubera politiki nziza, kuko ari yo irebana bya hafi na gahunda zo kwimakaza uburinganire, aho abagore n’abagabo, bakobwa n’abahungu bahabwa uruhare rungana mu guteza imbere igihugu cyabo.

Ni politiki izahesha abagore uburezi n’ubundi burenganzira hanyuma ibindi bikurikireho.”

Yavuze ko gutinyura abari n’abategarugori ngo bakoreshe ikoranabuhanga bitangirira mu burezi, bakiri bato, bagakura bazamura impano zabo.

Umukuru w’Igihugu yatanze urugero ku Rwanda aho abana b’abakobwa bahawe uburenganzira bungana n’ubwa basaza babo, none ubu bakaba biga ari benshi kubarusha, kandi bagatinyuka no kwiga amasomo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga mu mashuri makuru na kaminuza.

Ati “Reka mbahe urugero mu Rwanda, twagejeje uburezi bw’amashuri abanza na segonderi ku bakobwa n’abahungu ku buryo bungana. Ariko mbere twari dufite abahungu benshi kurusha abahungu, biza guhinduka kubera politiki nziza, ubu abakobwa nibo benshi. Kuri ubu turi gushyigikira abakobwa ngo bajye kwiga muri kaminuza bahisemo amasomo yaharirwaga abahungu mbere nk’ubumenyi n’ikoranabuhanga.”

Perezida wa Mali Ibrahim Keita na Minisitiri w’Intebe wa Guinea, Obama Eyegue Asue, bahamije ko bafite ikizere kidashidikanwaho ko ikoranabuhanga rizazamura umugabane wa Afurika cyane cyane mu gihe ibihugu bisangiye ubumenyi ku buryo ryakoreshwa.

Inama ya ngarukamwaka ya Transform Africa ihuza abakuru b’ibihugu, impuguke, abayobozi b’imiryango mpuzamahanga n’ibigo by’ikoranabuhanga bakaganira ku buryo bahindura imibereho y’abatuye umujyi w’Afurika.

Uyu mwaka ifite insanganyamatsiko yo guhindura imijyi ya Afurika, ikarushaho kugendana n’ikoranabuhanga rigezweho rihindura imibereho y’abayituye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa