skol
fortebet

Umukobwa w’Umunyarwandakazi yishwe n’uwari umukunzi we w’umuzungu babanaga mu gihugu cy’ u Bubiligi(AMAFOTO)

Yanditswe: Monday 29, May 2017

Sponsored Ad

skol

Umusore witwa Benjamin J. w’imyaka 32 wo mu gace ka Zeebruges mu gihugu cy’u Bubiligi yatawe muri yombi akekwaho kwica umukobwa w’Umunyarwandakazi w’imyaka 33 witwa Ingabire Joselyne wari inshuti ye, aho bivugwa ko kuri uyu wa Gatanu ushize yamukubise akavira mu bwonko bikaza kumuviramo urupfu.
Inshuti z’aba bantu bombi zari zishimiye urukundo rwabo ubwo babishyiraga ku mugaragaro muri Werurwe, umwaka ushize babinyujije kuri facebook, ariko nyuma y’umwaka umwe uyu munyarwandakazi yishwe n’uwari (...)

Sponsored Ad

Umusore witwa Benjamin J. w’imyaka 32 wo mu gace ka Zeebruges mu gihugu cy’u Bubiligi yatawe muri yombi akekwaho kwica umukobwa w’Umunyarwandakazi w’imyaka 33 witwa Ingabire Joselyne wari inshuti ye, aho bivugwa ko kuri uyu wa Gatanu ushize yamukubise akavira mu bwonko bikaza kumuviramo urupfu.

Inshuti z’aba bantu bombi zari zishimiye urukundo rwabo ubwo babishyiraga ku mugaragaro muri Werurwe, umwaka ushize babinyujije kuri facebook, ariko nyuma y’umwaka umwe uyu munyarwandakazi yishwe n’uwari umukunzi we bibabaza abatuye intara ya Wallon bikomeye bitewe n’uburyo yamwishe nabi.

Ibi bikaba byarabereye mu nzu yitwa New Grand Park iherereye ku muhanda Noordhinder muri Zeebrugge aho bombi babanaga nk’uko inkuru dukesha urubuga kw.knack.be ikomeza ivuga.

Ingabire Joselyne wishwe n’uwari umukunzi we

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko umukunzi wa Ingabire yamukubise bikamuviramo kuvira mu bwonko. Abaturanyi b’aba bakaba bavuga ko bari banyweye inzoga. Ubwo Benjamin yari amaze kumukubita yahise agira ubwoba ahamagara ubutabazi ariko buhagera igihe cyarenze butabasha kumutabara.

Nyuma y’ibi bintu igipolisi cyahise gita muri yombi Benjamin J gitangira kumuhata ibibazo, ubushinjacayaha bukaba bwirinze kugira byinshi butangaza usibye kuvuga ko bwatangiye iperereza kuri ubu bwicanyi.

Nk’uko abaturanyi b’aba bakomeje babivuga, ngo Benjamin na Ingabire n’ubundi bakundaga gutongana kenshi, aho bavuga ko bari bamaze umwaka umwe gusa baba muri ako gace ariko igipolisi cyari kimaze kuhaza kenshi gitabaye ndetse ngo n’imbangukiragutabara zikaba zarahageraga kenshi.

Benjamin J wabanaga na Ingabire Joselyne nk’abakunzi

Aba baturanyi bavuga ko urusaku rwabo rwababuzaga kenshi gusinzira, bakavuga ko aba bajyaga barara barwana ariko bwacya ukababona bafatanye mu kiganza basohotse ariko kuri iyi nshuro bikaba byararangiye nabi.

Mu gihe Benjamin akiri mu maboko ya polisi, biteganyijwe ko kuri uyu wa kabiri, itariki 30 Gicurasi aribwo hazatangazwa niba azakomeza gukurikiranwa afunze cyangwa azaba arekuwe.

Ibitekerezo

  • Birababaje. Gusa sinjya numva impamvu umuntu yihambira kuwundi kugeza amwishe!

    uwo mugabo bamukanire urumukwiye kwica uwo mwari namahano akomeye kbx

    mbanje kubasuhuza mwese gusa ndibaza ukuntu berekana ifoto yumukobwa wacu wishwe bagahisha iyi nkunguzi yumusore yamuhitanye...

    uyu muhungu numunyarumogi biraboneka . Imana imuhe iruhuko ridashira .

    Umukobwa wanyu mwebwe bande totto ? Nizere ko udashaka kuzanamo irondakoko...!!!!
    UYU yari ikiremwamuntu kandi yagombaga kubahwa. Kirazira kinazirizwa kwambura ubuzima umuntu imana yabuhaye nkuko udafite ubushobozi bwo gutanga ubuzima. Ugomba kubwubaha.

    Amategeko y abazungu ubu szskatirwa imyaka 5 gusa.

    yewe ndabona adasanzwe akoresha ibiyobyabwenge biramusa pe!!!!!!!!!!!

    Yo Niyitahire Nyine Yari Yaranamuhoteye Kera Kose Rero

    umukobwa wacu nkumunyarwanda@ nitegeka. ntabirondakoko birimo pe ntibinaba mumuco wange.

    ICYO NAKWISABIRA ABATUYE MUBUBIRIGI NO MUBURAYI KU IYICWA RYA INGABIRE JOSELYNE

    MBERE NA MBERE DUSABIRE INGABIRE JOSELYNE KANDI IMANA IMWAKIRE MUBAYO.

    INGABIRE JOSELYNE MUSHIKI WACU TUZAHORA TUKUZIRIKANA KUKO UGIYE UKIRI MUTO CYANE URYOHEWE NO KUBAHO UBUTO BWAWE. IMANA IKWAKIRE.

    Kugiti cyanjye iyo nakwisabira ababishoborye: Njye nkurikije uburyo ubwicanyi bukorerwa abategarugori b’abirabura cyane cyane b’abanyarwanda bugenda
    buba icyorezo muri iki gihugu cy’ububirigi ndetse ukabisanga no mubindi bihugu birimo abanyarwanda, ndisabira abanyarwanda b’impande zose ko twese twazahura muri iyi minsi tukamagana ubu bugizi bwa nabi tugasaba n’ubutabera.
    Abakurikira amakuru muribuka ko no muri iyi minsi ya vuba ishize hari n’undi mukobwa muto warangizaga universite mu Bubirigi wishwe n’umugabo w’umwenegihugu bari batangiye kubana.
    Duhaguruke rero turengere UBUNYARWANDA AHO TURI HOSE. Niturengera bashiki bacu tuzaba turengeye abategarugori bose nta n’umwe turobanuyemo.

    Tugomba kwerekana ko abanyarwanda tutari insina ngufi zicibwaho amakoma kuburyo buri wese uwo ariwe wese najya kwica mugenzi we babana azajya yibukako bitazahera burundu kuko hari gikurikira. Uyu munsi ni Joselyne ejo nundi ejobundi nundi. Iyo mutamaganye ikibi bagirango ntimuhari cyangwa ntimubyitayeho.

    Duhaguruke twamagane ubugiranabi nubwicanyi mumiryango turengere abategarugori bose. Duhaguruke turengere UBUNYARWANDA aho turi hose.

    Kubintu nkibi ntamunyarwanda wagombye kwivangura mubandi cyangwa ngo yishyireho umupaka mu kwifatanya n’abandi mu kwamagana ikibi cyugarije abanyarwanda n’abatuye isi muri rusange.

    Twese duhaguruke dufatane mumugongo dusabe ubutabera kuri Ingabire Joselyne n’abandi benegihugu bose bahura n’ibyo bibazo ndetse turangurure amajwi tubwire n’isi yose. Ntabwo umuntu abereyeho kwamburwa ubuzima.
    Bruxelles, le 29/5/2017
    RUTAYISIRE Boniface
    Tel : 32 466 45 77 04

    Nanjye nibaza impamvu umumtu yihambira ku wundi kugeza umwishe. Cyane nta n’inyungu z’abana zirimo.

    Murakoze kwandika inkuru neza kandi mukayisobanura.Uko Rushyashya yayanditse bihishe ikintu, ku buryo numusomyi wabo yanditseho ngo "yishwe n’utarahigwaga ".

    Erega bamwe tubabona ku ruhu gusa,baba bari hanyuma ya babandi babaswe n’ibiyobyabwenge h’ino mu Rwanda tubona buri munsi.Uwo mwana Imana imwakire.

    umuzungu azira umuntu umucinyuma buriya uriyamukobwa yabikoraga niyompamvu yamwirengeje

    uwazero ni fake, wowe upha kuvuga tuuu, ninde c wakubwiye ko yamuciye inyuma uri umuswa gusa.

    ntukuri birababaje pe nyamara bacuke neza bari bafite icyobamva ngusa niwabimenya imana imwakire mubayo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa