skol
fortebet

Abakandida H.E Kagame, Dr Habineza na Mpayimana bazahurira mu kiganiro kuri televiziyo

Yanditswe: Friday 14, Jul 2017

Sponsored Ad

Umuyobozi w’ ikigo cy’ igihugu cy’ itangazamakuru RBA, Arthur Assimwe yatangaje ko Abakandida batatu bahatanira umwanya wa perezida wa Repubulika, aribo Paul Kagame uhagarariye RPF-Inkotanyi, Frank Habineza uhagarariye ishyaka ‘Democratic Green Party of Rwanda’, n’Umukandida wigenga Philippe Mpayimana bazahurira mu kiganiro kuri televiziyo.
Amakuru avuga ko iki kiganiro kizaba mu cyumweru cya kabiri cyo kwiyamamaza bitagira kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2017 bikazasozwa tariki 3 (...)

Sponsored Ad

Umuyobozi w’ ikigo cy’ igihugu cy’ itangazamakuru RBA, Arthur Assimwe yatangaje ko Abakandida batatu bahatanira umwanya wa perezida wa Repubulika, aribo Paul Kagame uhagarariye RPF-Inkotanyi, Frank Habineza uhagarariye ishyaka ‘Democratic Green Party of Rwanda’, n’Umukandida wigenga Philippe Mpayimana bazahurira mu kiganiro kuri televiziyo.

Amakuru avuga ko iki kiganiro kizaba mu cyumweru cya kabiri cyo kwiyamamaza bitagira kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2017 bikazasozwa tariki 3 Nyakanga 2017.

Arthur Assimwe yavuze ko nta byinshi yavuga kuri iki kiganiro kuko bakirimo kugitegura, ngo hari kuganirwa ku hantu nizabera, uburyo kizakorwa n’uzakiyobora.
Umukandida wigenga Philippe Mpayimanayatangaje ko yamenyeshejwe iki kiganiro uretse ko ngo ataratangira kugitegura kubera ko atazi n’amatariki.

Yagize ati “Yego twamenyeshejwe ko icyo kiganiro gihari uretse ko ntaragitegura,…amatariki ntiturayamenya.”

Mugenzi we Frank Habineza we yabwiye Umuseke ko iki kiganiro bakimenyeshejwe ko bazahura nk’Abakandida bose, bagahurira mu kiganiro kimwe cyangwa bibiri, ngo bikazaba mu cyumweru cya kabiri cyo kwiyamamaza.
Frank Habineza yatubwiye ko bamenyeshwa iby’iki kiganiro babwiwe ko bazaba bagaruka ku migabo n’imigambi yabo (manifesto).

Ni ubwa mbere mu matora ya Perezida wa Repubulika mu Rwanda, abakandida bagiye guhurira mu kiganiro kuri Televiziyo bavuga imigabo n’imigambi yabo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Assimwe yavuze ko uretse icyo kiganiro ngo Abakandida bose bazajya bahabwa igihe kingana ku bitangazamakuru bya ‘RBA’, ndetse by’umwihariko ngo bazajya bahabwa igihe cyo kwiyamamaza ku kubuntu, ndetse n’inkuru y’iminota itatu buri munsi kuri Radio na Televiziyo y’u Rwanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa