Hon. Ngabo yatorewe gusimbura Guverineri Mureshyankwano ku buyobozi bwa Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage
Yanditswe: Thursday 09, Feb 2017
Depite Hon. Ngabo Semahundo Amiel yatorewe kuba wa Perezida wa Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage yayoborwaga na Mme Mureshyankwano Marie Rose wagizwe guverineri w’ Intara y’ Amajyepfo.
Ni amatora yabaye kuri uyu wa 9 Gashyantare 2017, abera mu ngoro y’ Inteko Ishingamategeko y’ u Rwanda, Umutwe w’ Abadepite.
Nk’ uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter y’ Inteko ishinga amategeko y’ u Rwanda Hon. Ngabo yatowe n’ abadepite 63 kuri 63 batoye.
Mu nama y’ abaminisitiri yateranye tariki ya 4 Ukwakira (...)
Depite Hon. Ngabo Semahundo Amiel yatorewe kuba wa Perezida wa Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage yayoborwaga na Mme Mureshyankwano Marie Rose wagizwe guverineri w’ Intara y’ Amajyepfo.
Ni amatora yabaye kuri uyu wa 9 Gashyantare 2017, abera mu ngoro y’ Inteko Ishingamategeko y’ u Rwanda, Umutwe w’ Abadepite.
Nk’ uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter y’ Inteko ishinga amategeko y’ u Rwanda Hon. Ngabo yatowe n’ abadepite 63 kuri 63 batoye.
Mu nama y’ abaminisitiri yateranye tariki ya 4 Ukwakira 2016 nibwo habaye impinduka mu buyobozi bw’ Intara zirimo iy’ amajyaruguru, Amajyepfo, uburengerazuba n’ uburasirazuba.
Kuri iyi tariki nimbo Mme Marie Rose Mureshyankwano wari umudepite akaba n’ Umuyobozi wa Komisiyo y’ imibereho myiza y’ abaturage yagizwe Guverneri w’ Intara y’ Amajyepfo.
Guverneri w’ Intara y’ Amajyepfo Marie Rose Mureshyankwano
Depite Hon. Ngabo Semahundo Amiel yatorewe kuba wa Perezida wa Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *