skol
fortebet

P.Kagame ari muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu ruzinduko rw’akazi

Yanditswe: Thursday 23, Nov 2017

Sponsored Ad

Perezida wa Republika Paul Kagame kuri uyu wa kane yageze i Abu Dhabi muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu.
Amakuru yatangajwe ku rukuta rwa twitter rw’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, avuga ko perezida Kagame yanagiranye ibiganiro na HH Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, igikomangoma cya Abu Dhabi akaba n’umuyobozi w’ikirenga wungirije w’ingabo za Leta zunze ubumwe z’abarabu.
Umukuru w’Igihugu na Sheikh Mohamed Bin Zayed baganiriye ku mubano mwiza uri hagati ya UAE n’u Rwanda no ku buryo (...)

Sponsored Ad

Perezida wa Republika Paul Kagame kuri uyu wa kane yageze i Abu Dhabi muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

Amakuru yatangajwe ku rukuta rwa twitter rw’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, avuga ko perezida Kagame yanagiranye ibiganiro na HH Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, igikomangoma cya Abu Dhabi akaba n’umuyobozi w’ikirenga wungirije w’ingabo za Leta zunze ubumwe z’abarabu.

Umukuru w’Igihugu na Sheikh Mohamed Bin Zayed baganiriye ku mubano mwiza uri hagati ya UAE n’u Rwanda no ku buryo warushaho gukomera, abaturage b’ibihugu byombi bakawungukiraho.

Barebeye hamwe ubufatanye mu bukungu, ishoramari, iterambere, ibibazo bya politiki ibi bihugu bihuriyeho n’amahirwe ahari mu kurushaho kuzamura ubucuti hagamijwe inyungu za buri wese.

RBA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa