Perezida Kagame yakiriwe ku meza na Perezida wa Ethiopia na Abiy [AMAFOTO]
Yanditswe: Sunday 18, Nov 2018
Perezida w’ u Rwanda akaba n’ Umuyobozi wa Afurika yunze ubumwe Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Ugushyingo yakiriwe ku meza na Perezida wa Ethiopia Sahle-Work Zewde na Minisitiri w’ Intebe w’ iki gihugu Ahmed Abiy.
Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’ akazi muri Ethiopia kuva ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu , uyu munsi. Ejo yatangije inama ya 11 idasanzwe ya Afurika yunze ubumwe anatangiza ikigega cy’ amahoro cya Afurika yunze ubumwe cyatangiranye miliyoni 60 z’ amadorali y’ Amerika.
Kuri iki cyumweru Perezida Kagame na Minisitiri w’ Intebe Abiy bayoboye ibiganiro bya Abakuru b’ ibihugu na za guverinoma nyafurika yiga ku ikoranabuhanga n’ uhare rwaryo mu iterambere ry’ ubukungu muri gahunda y’ icyekerezo 2030 -2063.
Perezida Kagame mu ijambo ry’ uyu munsi yavuze ko ibihugu bya Afurika bikwiye kugira ikoranabuhanga biribafasha kubika amakuru neza mu buryo bwizewe.
Amafoto
Kagame, Abiy na Perezida wa Ethiopia Sahle-Work Zewde
Kagame na Moussa Faki Mahamat perezida wa Komisiyo ya AU
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *