Perezida Kagame yatanze inkunga yo gushyigikira ikigega kigamije gufasha abagore bafite amakompayi y’ubucuruzi muri Afurika
Yanditswe: Saturday 08, Feb 2020
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye inama isanzwe y’Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe yabereye ku cyicaro gikuru cyawo I Addis Ababa muri Ethiopia yari ifite gahunda yo guhosha intambara kuri uyu mugabane.
Ubwo yageraga Addis Ababa, perezida Kagame yakiriwe na Perezida wa Ethiopia Sahle-Work Zewde banagirana ibiganiro
Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro yitabiriye inama ku buringanire no kongerera ubushobozi abagore yanatanzemo ikiganiro.
Muri iki kiganiro perezida Kagame yavuze ko gutera inkunga imishinga y’abagore bo muri Africa bitanga umusaruro mwiza ndetse ugarukira umugabane muri rusange.
Yavuze ko Africa nikomeza gufatanya mu gushyigikira abashoramari b’abagore bo muri Afurika bizakomeza gutanga umusaruro mwiza kurushaho.
Umukuru w’Igihugu yemeye gutanga ibihumbi 500 by’amadolari ya US yo gushyigikira ikigega kigamije gufasha abagore bafite amakompayi y’ubucuruzi muri Afurika
Perezida Kagame yabaniriye kandi na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, ugiye kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe muri manda y’umwaka umwe wa 2020.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *