skol
fortebet

Igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyongeye kuzamuka mu Rwanda

Yanditswe: Wednesday 02, Sep 2020

featured-image

Sponsored Ad

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize ahagaragara ibiciro bishya bya Lisansi bigomba gukurikizwa guhera kuri uyu wa 03 Nzeri 2020,byazamutse cyane.

Sponsored Ad

RURA yavuze ko igiciro cya essense i Kigali cyavuye kuri 908 Frw kigera kuri 966 Frw kuri litiro.Igiciro cya mazutu i Kigali cyavuye kuri 883 Frw kigera kuri 943 Frw kuri litiro.

Muri Werurwe 2020, RURA yatangaje ko igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse kiva ku 1,091 Frw kuri litiro ya Esense kigera ku 1,088 Frw.Igiciro cya Mazutu nacyo cyagabanutse kiva ku 1,084 Frw kuri litiro kigera ku 1,073 Frw.

Kuwa gatandatu tariki ya 04 Mutarama 2020,nibwo RURA yari yatangaje kuzamuka kw’igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli aho Igiciro cya Lisansi cyageze ku mafaranga y’u Rwanda 1,091 kuri litiro naho igiciro cya Mazutu ari amafaranga y’u Rwanda 1,084 kuri litiro.

Mu Ugushyingo 2019,Lisansi yari ku mafaranga 1,073 kuri litiro, naho Mazutu ari mafaranga 1070 kuri litiro.

Ihinduka ry’ibi biciro rishingira ahanini ku ihinduka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa