skol
fortebet

Abifuza kuba abarimu bamenyeshejwe igihe bazakorera ibizamini

Yanditswe: Friday 10, Jul 2020

featured-image

Sponsored Ad

Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko ku ya 14 Nyakanga 2020, abifuza kwinjira mu mwuga wo kwigisha babisabye bazakora ibizamini by’akazi.

Sponsored Ad

Ibyo ni ibyatangajwe n’Umuyobozi mukuru wa REB, Dr Irénée Ndayambaje, ubwo yari mu kiganiro ‘Ubyumva Ute’ kuri KT Radio ku wa 9 Nyakanga 2020, akaba yasubizaga uwari ubajije igihe ibyo bizamini bizakorerwa kuko itangira ry’amashuri ryegereje.

Yagize ati "Ni byiza ko hari abafite inyota yo gutanga umusanzu wabo mu kubaka igihugu cyabo binyuze mu burezi.Navuga ko hari ibizamini biteganyijwe mu cyumweru gitaha guhera tariki ya 14 Nyakanga 2020.Ni ibizamini bizakorwa n’abarimu bari barasabye kwinjira muri uyu mwuga mu kwezi kwa Gatatu k’uyu mwaka ariko ntabwo byashoboye gukoreshwa,kubera ingamba zariho za Coronavirus."

Uyu muyobozi wa REB yavuze ko uburyo ibyo bizamini bizakorwamo byamaze koherezwa mu turere ndetse ngo nyuma y’ibyo bizamini hazashyirwa hanze indi myanya y’abashaka gukora ibindi bizamini kubera ko imyanya ihari ari myinshi ndetse no kugira ngo bahe amahirwe abatarabashije kwiyandikisha icyo gihe.

Yavuze ko ibintu byose biri gushyirwa ku murongo byihuse kugira ngo amashuri azatangire muri Nzeri abarimu bose bakenewe barabonetse cyane ko hari gahunda y’uko n’ibyumba by’amashuri biri kubakwa bigomba kuba byuzuye.

Minisiteri y’Uburezi iherutse gutangiza gahunda yo kubaka ibyumba by’amashuri ibihumbi 22,505 mu gihugu cyose, bikaba bigamije kugabanya ubucucike no gukemura ikibazo cy’abana bakoraga ingendo ndende bajya kwiga, ari na yo mpamvu yo kongera umubare w’abarimu. Muri iyo gahunda hazubakwa kandi n’ubwiherero 31,932.

Ibitekerezo

  • kumenya aho nzakorera nisaha nzakoreraho

    Kumenya niba ndi kurutonde rwabazakora

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa