skol
fortebet

CG (Rtd) Gasana arashinjwa ibyaha bibiri bikomeye

Yanditswe: Tuesday 07, Nov 2023

featured-image

Sponsored Ad

GC (Rtd) Gasana K Emmanuel wahoze ari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba akurikiranyweho ibyaha Bibiri birimo kwakira indonke no gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite.

Sponsored Ad

Mu minsi ishize yavanwe mu nshingano nyuma y’amasaha make, Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, ruhita rutangaza ko rwamutaye muri yombi.

Faustin Nkusi, Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, yahamirije KTPress ko Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwamaze kuregera Ubushinjacyaha dosiye ye.

Mbere y’uko CG Gasana ahabwa inshingano zo kuyobora Intara y’Iburasirazuba, yayoboye Intara y’Amajyepfo.

Mbere yaho yari Umuyobozi Mukuru wa Polisi. CG Gasana K. Emmanuel yakoze imirimo itandukanye mu gisirikare cy’u Rwanda aho yari afite ipeti rya Brigadier General.

Yabaye Umuyobozi ushinzwe ibikoresho mu ngabo z’u Rwanda.

Ibitekerezo

  • Ubwo se urumva iyi nkuru yawe irimo iki?

    Ubusa !

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa