skol
fortebet

Sankara yasabye urukiko ko yaburanira hamwe na shebuja Rusesabagina

Yanditswe: Thursday 10, Sep 2020

featured-image

Sponsored Ad

Mu rubanza rwa Callixte Nsabimana uzwi nka ’Sankara’ rwakomeje uyu munsi ku wa kane, we n’abaregera indishyi basabye ko urubanza rwe ruhuzwa n’urwa Paul Rusesabagina, uherutse kugezwa mu Rwanda.

Sponsored Ad

Bwana Rusesabagina ntabwo araregwa mu rukiko. Mu minsi ishize, Perezida Kagame yakomoje ku guhuza abo baregwa mu rubanza.

Mu rukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba ruri i Nyanza, urubanza rwa ’Sankara’ rwokomeje kuburanishwa ku ikoranabuhanga rya videwo, uregwa n’abunganizi be bari i Kigali kuri gereza ya Mageragere.

Mu kwezi kwa karindwi, nibwo Bwana Nsabimana yavuze mu rukiko ko mu nyeshyamba za FLN yari abereye umuvugizi bahawe ubufasha na Perezida Edgar Lungu wa Zambia bivuye ku bucuti afitanye na Paul Rusesabagina.

Uruhande rwa Zambia rwahakanye ibyo yavuze, leta ya Zambia yohereje minisitiri w’ububanyi n’amahanga wakiriwe na Perezida Paul Kagame baganira kuri icyo kibazo.

Mu rukiko uyu munsi havuzwe ibaruwa y’ubushinjacyaha isaba ko urubanza rwa ’Sankara’ ruhuzwa n’urwa Herman Nsengimana wamusimbuye ku buvugizi bwa FLN, nyuma agafatirwa muri DR Congo akoherezwa mu Rwanda.

Ubushinjacyaha buvuga ko izi manza zombi ziri mu rukiko rumwe kandi ibyaha bitanu Bwana Nsengimana aregwa byose abihuriyeho na ’Sankara’, nubwo kuri ’Sankara’ hari ibirengaho.

Me Yussouf Ndutiye uvuga ko yarokotse igitero cya FLN cyagabwe ku muhanda uca mu ishyamba rya Nyungwe n’imodoka ye igatwikwa, ni we uhagarariye abaregera indishyi. Yavuze icyifuzo cyabo.

Bwana Ndutiye yavuze ko bashaka ko "dossier ya Paul Rusesabagina nayo ihuzwa n’iya Sankara mu nyungu z’ubutabera no mu nyungu z’abaregera indishyi".

Kagame yavuze ku guhuza izo manza

Ahawe umwanya, ’Sankara’ uburana yemera hafi ya byose mu byaha 17 aregwa, yasabye ko dosiye ya Bwana Rusesabagina "yihutishwa igahuzwa" n’iye na Nsengimana. Avuga ko byaba ari mu nyungu z’ubutabera.

Guhuza cyangwa kudahuza urubanza rwa ’Sankara’ na Nsengimana, umucamanza yavuze ko umwanzuro uzatangwa ku itariki ya mbere y’ukwezi gutaha kwa 10.

Naho ku guhuza izo manza na dosiye ya Rusesabagina, umucamanza yavuze ko ibyo ntacyo yabivugaho kuko iyo dosiye imurega itaragezwa mu rukiko ayobora, kandi atazi niba ariho izazanwa.

Ati: "Ibyo mube mubyihoreye kuko twese turabyumva gutyo ntawe uzi aho byerekera."

Mu kiganiro cyaciye kuri televiziyo y’u Rwanda ku cyumweru, Perezida Paul Kagame yavuze ku rubanza rwa ’Sankara’ na Bwana Rusesabagina avuga ko bakoranaga, n’abandi bashwe bakajyanwa mu Rwanda.

Bwana Kagame yagize ati: "... bazagira aho bahurira buri wese ashinje undi, ibyo yakoranye n’undi, cyangwa ibyo yakoresheje undi, ngira ngo muzi case y’uwitwa ’Sankara’, hari n’abandi..."

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa