Ku cyumweru, umugenzi yashoboye guparika indege yihariye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Raleigh-Durham muri Amerika,nyuma y’uko umupilote wari uyitwaye,yarwaye.
Ntibiramenyekana ubwoko bw’uburwayi uyu mupilote witwa Joe Izatt, yagize mu gihe yari atwaye indege, ariko yaje gupfa.
Umugenzi waparitse iyo ndege, ni we muntu wenyine wari muri iyo ndege nto, Cirrus SR-20, yaparitse mu nzira ya kabiri ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Raleigh-Durham,muri North Carolina.
RDU ivuga ko inzira zose zagumye zifunguye kandi nta ngaruka uko guparika kwagize ku bikorwa by’indege.
Indege yanditswe muri Izatt na Coherent Aviation, ifite icyicaro i Raleigh.
Izatt yasize umugore n’abana batatu,nkuko WRAL News yabivuze.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *