skol
fortebet

Karongi: Umwana w’ imyaka 13 yatewe inda abyaye aratereranwa

Yanditswe: Tuesday 27, Jun 2017

Sponsored Ad

Mu rugo ubu bamuhaye inzu abamo n’inkono ye we n’umwana we w’amezi abiri. Ku myaka 13 bamuteye inda ubwo yari yarazanywe i Kigali gukora akazi ko mu rugo, uwayimuteye yihakanye umwana ngo kuko yabyaye ukwezi kumwe mbere y’igihe yumvaga azabyarira, ubu yasubiye iwabo guhangana n’ubuzima… nta zindi nzozi z’ejo, ikibazo ni icyo umwana ararira….
Ubujiji, imyumvire iri hasi cyangwa ubuhemu bituma ababyeyi bamwe batita ku bana bakabyitirira ubukene, bituma kandi abakuru bamwe basambanya abana b’abakobwa (...)

Sponsored Ad

Mu rugo ubu bamuhaye inzu abamo n’inkono ye we n’umwana we w’amezi abiri. Ku myaka 13 bamuteye inda ubwo yari yarazanywe i Kigali gukora akazi ko mu rugo, uwayimuteye yihakanye umwana ngo kuko yabyaye ukwezi kumwe mbere y’igihe yumvaga azabyarira, ubu yasubiye iwabo guhangana n’ubuzima… nta zindi nzozi z’ejo, ikibazo ni icyo umwana ararira….

Ubujiji, imyumvire iri hasi cyangwa ubuhemu bituma ababyeyi bamwe batita ku bana bakabyitirira ubukene, bituma kandi abakuru bamwe basambanya abana b’abakobwa bakabatera inda. Abenshi inzozi z’ubuzima bwiza zirangirira aho, abakomeza ishuri ni mbarwa.

Mu mudugudu wa Ndengwa Akagari ka Kibilizi Umurenge wa Rubengera umwana w’umukobwa wujuje imyaka 14 mu minsi ishize ubu ni umugore ufite uruhinja rw’amezi abiri. Abana b’ikigero cye baba batekereza iby’ishuri n’inzozi z’ubuzima bwiza nibaranigiza kwiga, we ubu aba atekereza iby’icyumwana we ararira.

Tumusura twasanze adahari yagiye gucuruza ibijumba ku isoko rya Kibilizi, turamutegereza ngo tuganire….

Raporo y’ubushinjacyaha ya 2015- 2016 yagaragaje ko bakiriye ibirego 1 917 by’abana basambanyijwe. Ibi ni ibirego byavuzwe.

Ikibazo cyo gutera inda abangavu mu mwaka ushize cyagaragaje indi ntera. Mu kwezi kwa 11/2016 gusa abantu 40 batawe muri yombi ahanyuranye mu gihugu bashinjwa iki cyaha.

Umwaka ushize ku munsi mpuzamahanga w’umugore, Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’Umuryango yavuze ko ikibazo cyo gusambanya abana bagifiteho izindi ngamba zirimo kongera imbararaga mu bukangurambaga ku rubyiruko n’abakuru banyuze aho babona benshi ndetse no muri gahunda z’umugoroba w’ababyeyi ndetse no mu kugana ibigo bya Isange One Stop Center ku bahohotewe. Ingamba zigikomeje.

Bamuvanye mu ishuri ngo ajye gukorera amafr i Kigali

Uyu mwana twasuye yatubwiye ko umusaza umwe mu baturanyi b’aha iwabo mu ntangiriro z’umwaka ushize yaje akaganira na nyina, maze ngo bamushyira umukobwa w’uyu muturanyi uba i Kigali, i Kanombe imbere y’ikibuga cy’indege.

Uyu mwana avuga ko yari azi ko agiye nko gutembera cyangwa kubasura akazagaruka mu rugo. Ariko ngo agezeyo yasanze ari ugukora akazi ko mu rugo, ntiyabyanga kuko yabonaga i Kigali ari ahantu heza atigeze abona mbere.

Aha i Kanombe ariko niho yahuriye n’akaga, umuturanyi w’aha yabaga w’umushoferi yasambanyije uyu mwana, ahita anamutera inda. Nyuma y’igihe gito aha yari yaje gukora bahise bamwirukana asubira i Karongi.

Ageze iwabo naho ntiyorohewe, abavandimwe be na nyina baramutwamye kugeza abyaye bamunnyega ko yatwaye inda y’indaro kugeza bamuhaye inzu y’inyuma abamo n’umwana we ndetse akanitekera. Nubwo nyina atabura kumufasha kubaho.

Uyu mwana ikimubabaza cyane ni uko yumva yagambaniwe akavanwa mu ishuri, ubu akaba ari umugore imburagihe.

Nyina ngo yumvaga namubonera akazi aribyo byiza….

Mukasamaza, nyina w’uyu mwana avuga ko bamuvanye mu ishuri ngo kuko n’ubundi ntako yari abayeho, gusa ngo nawe yababajwe n’uburyo umwana we yahohotewe i Kigali.

Aho yajyanywe naho bakicecekera babonye umwana muto gutyo atewe inda bakamwirukana.

Nubwo nabo basa n’abikengeye kuryozwa gukoresha imirimo yo mu rugo umwana ungana utyo.

Nyina w’uyu mwana tumubajije impamvu asa n’uwamuhaye akato akamuha inzu ya wenyine avuga ko byari ukumurinda musaza we.

Ati “ibyo ku muha iye nkono byatewe n’uko hari musaza we w’ikirara n’ubu uri Iwawa wahoraga amucyaha amubaza impamvu yatwaye inda. Ubwo rero kwari ukumumuhungisha. Naho ibyo kuva mu ishuli byo n’ubundi imibereho twarimo numvaga agiye kubona akazi aribyo byiza.”

Uwamuteye inda yarayihakanye ngo kuko yabyariye igihe we atemera

Uyu mwana ubu w’umubyeyi mu kuganira nawe wumva ko byose byamukoreweho atabishaka, aracyaganira bimwe mubyo yibuka ku ishuri aho yari agiye kurangiza amashuri abanza.

Muganira wumva kandi hari byinshi byamuhungabanyije haba mu rugo haba n’i Kanombe aho yasamiye inda.

Nyina avuga ko uteye inda umwana we bajyaga bavugana agitwite akababwira ko nabyara mukwa gatatu azemera ko umwana ari uwe. Ariko uyu mwana yabyaye mukwa kane, uwayimuteye ahita ngo amwihakana ndetse iyo bashatse kumuvigisha ntafata telephone.

Ibitekerezo

  • ububukobwa buba bukuze bajye babumpatira amabya niho buzumva

    Haaaa hariya hantu rero ni umunsi si kuburyo ibyuwo MukobwA ari ibibazo bito cyane!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa